Temitope Bolagun Joshua (TB Joshua), Umuvugabutumwa akaba n'Umuhanuzi wamamaye cyane wo muri Nigeria, mu mvugo isa n'ijimije, yahanuye ibishobora kuzakurikira amatora y'Umukuru w'Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, yaburaga umunsi umwe ngo abe.
Ibyo uyu muhanuzi yavuze icyo gihe ku cyumweru tariki ya 1 Uguhyingo 2020, kuri ubu bisa n'ibiri kuba muri iki gihe cyose hategerejwe kumenyekana uzegukana insinzi y'aya matora; hagati ya Donald Trump uhagarariye ishyaka rya Republican Party na Jeo Biden uhagarariye Democratic Party. TB Joshua mu buryo busa n'ubuzimiza.
Yagize ati: 'Ibiri kuba mu matora y'Amerika ni umusaruro w'imbaraga z'ururimi. Ijambo tuvuga ryerekana ubuzima twishimira (Imigani 6:20). Ururimi rwatwica cyangwa rukadukiza kuko urupfu n'ubuzima biba mu rurimi (Imigani 18:21).
Twebwe Abakirisitu twishimira kunyura mu nzira dushaka ariko Bibiliya ivuga ko bitaboneye gushingira ukwizera kwacu ku iterambere ryacu.'
Yaje kugaruka mu buryo bwumvika byoroshye, avuga kuri aya matora akomeje gutera amatsiko abatuye Isi.
Yagize ati: 'Ntabwo dukwiye kugira ubwoba. Ibyishimo ni uko Perezida mushya w'Urukiko rw'Ikirenga, Army Coney Barrett azaba igikoresha cy'igenzura.'
Hanyuma uyu muvugabutumwa akaba n'umuhanuzi Temitope Bolagun Joshua (TB Joshua) yaje gusaba abakirisitu kwizera, ati:
'Twige kwizera ko Imana yumva amasengesho yacu, ni umugisha mwinshi. Hagiye kubaho kutemera kwinshi hano na hariya ariko ntacyo bizahindura. Ibyo mbona nimureke mbibike kugeza igihe Perezida mushya azarahirira.'
Amatora yo muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika yabaye tariki ya 2 Ugushyingo 2020. N'ubwo ibyavuyemo muri rusange bitaratangazwa, bigaragara ko Joe Biden ari we ufite amahirwe menshi yo kuyatsinda kuko afite amajwi shingiro 264, aho abura atandatu gusa ngo yuzuze 270 amugeza ku nsinzi. Ni mu gihe Donald Trump bahanganye cyane afite amajwi shingiro 214.
Mu gihe hasigaye leta 6 zitaratangaza ibyavuye mu matora, Joe Biden akomeje gusaba ko buri jwi ryabarwa, mu gihe Donald Trump asaba ko ahubwo igikorwa cyo kubara amajwi cyahagarara kuko ngo 'ari kwibwa' ndetse yatangaje ko azitabaza Urukiko rw'Ikirenga, rugategeka ko amajwi yongera kubarwa.
Mu gihe koko Urukiko rw'Ikirenga rwaba rwemeye ubusabe bwa Donald Trump, Perezida warwo, Amy Corney Barrett usanzwe ufite ububasha bwo kurahiza uwatsinze kuva tariki ya 27 Ukwakira 2020 ubwo yatangiraga izi nshingano, ni we wavuga ijambo rya nyuma.