APR FC yemeje ko Ishimwe Pierre azamara amezi abiri hanze y'ikibuga #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ubuyobozi bwa APR FC, bwavuze ko umunyezamu wabo Ishimwe Pierre ashobora kumara hanze y'ikibuga hagati y'amezi 2 na 3 kubera imvune.

Ni mu itangazo bwasohoye buvuga ku buzima bw'uyu munyezamu umaze iminsi atagaragara mu mikino barimo gukina.

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa, yavuze ko mu isuzuma ryakozwe mu minsi ya vuba basanze Ishimwe Pierre afite imvune kandi akwiye gukurikiranwa akavurwa bihagije.

Ati "Mu isuzuma rya vuba ry'ubuvuzi, umukinnyi wacu Ishimwe Pierre yasanzwemo imvune ikeneye kuvurwa no gukurikiranwa bihagije."

"Dukurikije inama z'abaganga azamara hafi amezi abiri atari mu kibuga kugira ngo abashe gukira neza."

Yakomeje avuga ko ari icyemezo cyafashwe hashyizwe imbere ubuzima bw'umukinnyi bw'igihe kirekire kandi abaganga b'ikipe barimo kumukurikirana ku buryo azagaruka ameze neza ku buryo azafasha ikipe n'ubwitange.

Pierre aheruka mu kibuga ku mukino wa Bugesera FC banganyijemo 2-2, nyuma yabanje koherezwa gukorera imyitozo mu Ntare FC, haciyeho iminsi ni bwo haje amakuru ko yavunitse.

Ishimwe Pierre azamara hanze y'ikibuga amezi abiri



Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yemeje-ko-ishimwe-pierre-azamara-amezi-abiri-hanze-y-ikibuga.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)