Umuholandi Jurgen Zomermaand ukinira ikipe ya Development Team Picnic PostNL yitwaye neza yegukana Agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026 ka Huye - Rusizi ku ntera y'ibilometero 145, ahita anafata umwambaro w'umuhondo uhabwa uyoboye urutonde rusange.
Iri siganwa ryagaragayemo ihangana rikomeye kuva mu bilometero bya nyuma, aho hasigayemo itsinda ry'abakinnyi 12 bakomeye barimo abari bafite amahirwe yo kwegukana iri rushanwa, nk'umunya-Ethipia Henok Mulubrhan, Umunya-Espagne Pau Martí, ndetse na Henrique Ribeiro. Aba bakinnyi bari bashoboye gushyiramo intera y'amasegonda 50 imbere y'itsinda rinini ryari ribakurikiye.
Hasigaye ibilometero bitatu gusa ngo basoze, Zomermaand yafashe icyemezo cyo gusiga bagenzi be, agenda wenyine ashyiramo amasegonda 25. Uko yagendaga yegereza umurongo wa nyuma, yakomeje kongera ikinyuranyo kigera ku masegonda 35, ndetse hasigaye kilometero imwe yari amaze gushyiramo amasegonda 45, ibintu byamworoheye gukomeza ku mwanya wa mbere ntawe umwegereye.
Zomermaand yasoje iri siganwa akoresheje amasaha 3, iminota 44 n'amasegonda 53, asiga Lucas Van Gils wa Lotto Groupe Wanty wamukurikiye arushwa amasegonda 20, mu gihe mugenzi we bakinana Matteo Vanhuffel yabaye uwa gatatu. Umunyarwanda Samuel Niyonkuru wa Team Amani yabaye uwa 10 asizwe amasegonda 43.
Nubwo nta gace baregukana ariko abakinnyi b'Abanyarwanda bakomeje kwitwara neza muri iri rushanwa mpuzamahanga. Muhoza Eric na we wa Team Amani yabaye uwa 20 asizwe umunota n'amasegonda 26, Mugisha Moise wa Benediction aba uwa 21 asizwe umunota n'amasegonda 49, Masengesho Vainquer yasizwe iminota 4 n'amasegonda 37 aba uwa 27.
Iyi ntsinzi yahise ihindura byinshi ku rutonde rusange, kuko Jurgen Zomermaand yahise yambara umwambaro w'umuhondo, awambuye Pau Martí wari wawambaye nyuma yo gutsinda agace ka kabiri.
Agace ka Huyeâ"Rusizi gafite amateka akomeye muri Tour du Rwanda, kuko ari ku nshuro ya kane gasorejwe i Rusizi. Mu 2024 kegukanywe n'Umunya-Colombia Johnatan Restrepo Valencia, umwe mu bakinnyi bafite amateka akomeye muri iri rushanwa aho amaze kwegukana uduce turindwi mu bihe bitandukanye.
Source : http://isimbi.rw/umuholandi-yafashe-umwambaro-w-umuhondo-umunyarwanda-aza-mu-10-ba-mbere.html