Abakinnyi umunani baheruka kugaragara mu irushanwa rikomeye rya Australian Open ritegurwa buri mwaka muri Mutarama, bitezwe i Kigali mu marushanwa mpuzamahanga ya Tennis ya ATP Challenger 2026 azaba kuva tariki 2 kugeza ku ya 15 Werurwe.
Muri abo bakinnyi harimo Umunya-Argentine Marco Trungelliti, Umufaransa Arthur Gea, Umunya-Croatia Luka Mikrut, Umunya-Espagne Roberto Carballes Baena, Umwongereza Jay Clarke, Umunya-Repubulika ya Tchèque Zdenek Kolar, Umusiwisi Jérôme Kym ndetse n'Umutaliyani Marco Cecchinato.
Muri bo, Arthur Gea ni we wageze kure kurusha abandi muri Australian Open y'uyu mwaka, aho yasezerewe mu ijonjora rya kabiri atsinzwe na Stan Wawrinka amaseti 3-2. Abandi bakinnyi bo bagarukiye mu mikino yo gushaka itike yo kwinjira mu cyiciro nyamukuru.
Mu rutonde rwa ATP, Marco Trungelliti ni we uza ku mwanya mwiza kurusha abandi, aho ari ku mwanya wa 134 ku Isi, agakurikirwa na Gea wa 156 ndetse na Mikrut wa 164. Gea aheruka no gutungurana asezerera Giovanni Mpetshi Perricard mu irushanwa rya Open Occitanie mu Bufaransa.
Trungelliti w'imyaka 35 si mushya i Kigali, kuko yegukanye ATP Challenger 50 yahabereye muri Werurwe 2024.
Iri rushanwa rizakinirwa ku bibuga bya IPRC Kigali bizwi nka Kicukiro Ecology Tennis Club, rikazamara ibyumweru bibiri: icya mbere kizaba ari ATP Challenger 75 naho icya kabiri kiba ATP Challenger 100. Ni ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwakiriye iri rushanwa rikomeje kuzamura urwego rwa Tennis ku Mugabane wa Afurika.

Source : https://kasukumedia.com/abakinnyi-8-ba-australian-open-bategerejwe-muri-atp-challenger-i-kigali/