Ti'Amo Lounge ikomeje guca impaka muri uyu Mujyi wa Kigali #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu ijoro ry'akataraboneka ry'iganjemo imyidagaduro, Ti'Amo Lounge i Remera iragutumiye mu gitaramo kidasanzwe cyiswe 'Pulse Saturday', kizaba ku wa Gatandatu, taliki ya 24 Mutarama 2026. Iki gitaramo cyateguwe mu buryo bujyanye n'igihe, kikaba kigamije guhuza abakunzi b'umuziki yaba n'abakunda agasembuye, ndetse n'umwuka mwiza w'akanyamuneza mu kabari kamaze kwigarurira imitima ya benshi mu Mujyi wa Kigali.

Umuziki uzaba uri kuvangwa n'aba DJ bakunzwe cyane, DJ Brian na DJ Peks, bazwiho gususurutsa imbaga aho banyuze hose. Ibyo bazanye muri Pulse Saturday ni injyana zitandukanye zirimo Afrobeat, Amapiano, Hip Hop n'izigezweho zituma uhaguruka aho wicaye hose ukinjira mu munyenga w'ibyishimo. Ni ijoro ritandukanye n'andi, aho umuziki uhuza abantu, inseko zikiyongera, n'igihe kigahita utabizi.

Nk'inyongera idasanzwe, Ti'Amo Lounge yabashyiriyeho promotion ya 20% kuri Don Julio na Hennessy, izatangira guhera ku isaha ya 10:00 z'ijoro (10:00pm). Ibi ni amahirwe adasanzwe ku bakunda inzoga z'akataraboneka, bakifuza kuzinywa ku giciro cyagabanyijwe mu mwanya mwiza kandi utekanye.

Muri Ti'Amo Lounge, abatabonye umwanya wo kwisanzura ntibibatera impungenge; uhagera wese ahabwa serivisi yihuse kandi inoze. Abakozi bahora biteguye kukwakira, kugutegurira icyo wifuza, bakakuzanira amafunguro n'ibinyobwa aho wicaye bitagutwaye umwanya. Ibi ni bimwe mu byatumye Ti'Amo ikomeza kuvugwa cyane nk'ahantu heza ho kwidagadurira.

Niba ushaka ijoro ryihariye, rifite umutekano, umuziki mwiza n'ibyishimo bisendereye, Pulse Saturday muri Ti'Amo Lounge i Remera ni ho ugomba kubarizwa. Tangira witegure wowe n'abawe, kuko iri joro ntirizagucika.

Umuziki uzaba uri kuvangwa n'aba DJ bakunzwe cyane, DJ Brian na DJ Peks, bazwiho gususurutsa imbaga aho banyuze hose



Source : https://kasukumedia.com/tiamo-lounge-ikomeje-guca-impaka-muri-uyu-mujyi-wa-kigali/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)