Igitaramo 'TAKEOVER' kiraba kirimo umunezero udasanzwe iri joro Ti'Amo i Remera #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu Mujyi wa Kigali, ahazwi cyane mu myidagaduro n'imyemerere y'ijoro rigezweho, Tiamo Lounge i Remera irongera yerekane impamvu ikomeje kuvugwa n'abatari bake. Kuri uyu wa Gatatu taliki ya 21 Mutarama 2026, hateganyijwe igitaramo kidasanzwe cyiswe TAKEOVER, kiraba ari ijoro ryo kwishimira umunsi wo kuri uyu wa Gatatu doreko Imana iba ikomeje kudutiza iminsi yo kubaho.

Ni igitaramo kirasusurutsa benshi, kikaba kirasusurutswa n'umuziki uvanze neza, urab uri gucurangwa na DJ Joo, umwe mu ba DJ bazwiho gutuma ijoro riba iridasanzwe kubera umuziki avangavanga. Ku ruhande rw'uyobora ibirori, QUEEN Runner araba ari we mc, akazamura ibyishimo by'abitabiriye, abinyujije mu magambo aryoshye n'imiyoborere irimo ubunararibonye.

Tiamo Lounge ikomeje kwigaragaza nk'ahantu hatandukanye n'ahandi, si mu muziki gusa, ahubwo no muri serivisi nziza, ibinyobwa byateguwe mu buryo buhanitse, n'amafunguro kandi aryoshye bituma uhagenda wumva wisanze iwanyu. Ni ho hantu hahurira abakunda umuziki mwiza, n'abashaka kuruhuka mu buryo bw'akataraboneka hagati mu Cyumweru.

Igitaramo cyiswe TAKEOVER Wednesday Night ni ijoro ryo kwitandukanya na stress, ukanezerwa n'uko Imana ikomeje kugutiza ubuzima muri iy'Isi, ukanishimira injyana ziryoheye amatwi.

Igitaramo 'TAKEOVER' kiraba kirimo umunezero udasanzwe iri joro Ti'Amo i Remera



Source : https://kasukumedia.com/igitaramo-takeover-kiraba-kirimo-umunezero-udasanzwe-iri-joro-tiamo-i-remera/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)