Ntabwo twishimiye aho turi, turashaka gusohaka muri Confederation Cup - Bacca wa Police FC #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain Bacca yavuze ko nk'abakinnyi batishimiye umwanya bariho ku rutonde rwa Shampiyona, bagomba gukora ibishoboka byose bakahava.

Ni nyuma y'uko ku wa Gatandatu w'icyumweru gishize batsinze Marines FC 2-0 bya David Chimezie na Musanga Henry.

Aganira n'ikinyamakuru ISIMBI, yavuze ko aya manota bayishimiye kuko ahantu bari atari heza nk'ikipe yari ku mwanya wa mbere.

Ati "Turayishimiye kuko ahantu turi nk'ikipe yari ku mwanya wa mbere mu mikino ibanza, twagombaga gutsinda kugira ngo dutegure n'indi mikino."

Yavuze ko ubu bagiye gukora ibishoboka byose kugira ngo bazasoze ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona maze mu gihe ikipe yatwara Shampiyona igatwara n'igikombe cy'Amahoro, yazasohokera u Rwanda muri CAF Confederation Cup.

Ati "Iyi ni shampiyona ikomeye, uwo mwanya ikipe iyo ari yo yose yawutsindira ariko twe nka Police FC, ni yo ntego nk'ikipe ikomeye, gusohoka muri Confederation Cup."

Kugeza ubu Police FC iri ku mwanya wa gatanu n'amanota 44, Rayon Sports ifite 47, Al Merrikh SC ifite 52, APR FC 55 n'aho Al Hilal SC ya mbere ifite 61.

Bacca yavuze ko bashaka gusoza byibuze ku mwanya wa kabiri



Source : http://isimbi.rw/ntabwo-twishimiye-aho-turi-turashaka-gusohaka-muri-confederation-cup-bacca-wa-police-fc.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)