ABASIRIKARE B'ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N'UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kuva muri 2023, abayobozi b'Uburundi bagiranye amasezerano na Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo yo koherezayo ingabo mu kurwanya umutwe wa M23, akaba amasezerano ataravuzweho rumwe, aho bivugwa ko perezida Ndayishimiye ahabwa arenga ibihumbi bitanu by'amadorari kuri buri musirikare woherejweyo.

Si amafranga arya wenyine, kuko n'umugaba wingabo z'Uburundi Prime Niyongabo, nawe yahawe isoko ryo kuvura abasirikare bakomerekeye ku rugamba, aho boherezwa mu bitaro bye bwite, aho kujyanwa ku bitaro bya gisirikare bya Kamenge nkuko bisanzwe nkuko tubikesha ikinyamakuru Sarambwe.com.

Amakuru Rushyashya yamenye, Centre Medico-Chirurgical de Kinindo (CMCK), bikaba aribyo bitaro bya Prime Niyongabo, nibyo byakira abakomerekeye ku rugamba, amafaranga ubusanzwe yahabwaga ibitaro bya gisirikare, akisanga mu mufuka wa Niyongabo, dore ko nibyo bitaro binacungwa bya hafi ni umugore we.

Umwe mu basesenguzi ba politike muri aka karere waganiriye na Rushyashya, ahamya ko uku gushakira amafaranga mu basirikare b'Abarundi haba abazima cyangwa inkomere, biri mu bituma intambara muri Kongo itarangira, aho batsinda babona amafaranga, ariko nanone banatsindwa bakigwizaho andi biciye mu nkomere.

Ibi byose byo kwigwizaho amafaranga binyuze mu gushora abasirikare b'Abarundi mu ntambara itari ngombwa muri Kongo, biri kuba mu gihe Uburundi bwongeye kugarizwa n'ikibazo kibura by'ibitoro ndetse n'amadevize muri rusange, tutibagiwe nibindi byemezo byagiye bifatwa ngo bashimishe ubahemba Tshisekedi birimo nko gufunga umupaka ubuhuza n'u Rwanda, bikomeje gukenesha no kubeshaho nabi abarundi.



Source : https://rushyashya.net/abasirikare-babarundi-bakomerekera-muri-kongo-igishoro-nubutunzi-kuri-prime-niyongabo/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)