Dr. Nsanzimana Sabin yaje ku rutonde rwa TIME rw'abayobozi 100 batanga icyizere mu 2025 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni urutonde rwashyizwe ahagaragara ku wa 30 Nzeri 2025.

Ruriho abantu 100 bakomeye mu byiciro bitandukanye bakoramo kandi batanga icyizere cy'ahazaza harimo abanyapolitiki n'abayobozi b'ibigo n'inzego runaka n'abo mu mikino n'imyidagaduro.

Harimo kandi abakora ubucuruzi, ubuvanganzo, abahanga muri Siyansi, impirimbanyi z'Uburenganzira bwa Muntu n'abandi.

Dr.Nsanzimana Sabin we yaje mu kiciro cy'abanyapolitiki.

Uyu mugabo uyobora Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda kuva mu Ugushyingo 2022 nyuma yo gushyirwa kuri urwo rutonde yavuze ku ntambwe z'ingenzi zigaragaza ko ubuzima bwitaweho mu Rwanda.

Ati 'Ushaka kumenya uburyo urwego rw'ubuzima mu Rwanda rukora neza, wabirebara ku bintu bibiri: umubare w'abagore bapfa babyara n'abana bapfa bavuka. Mu myaka 25 ishize u Rwanda rwateye intambwe ikomeye muri ibyo bipimo.'

Imibare yo mu 2020 yerekana ko mu Rwanda abagore bapfaga babyara bari 203 ku bagore 100,000 ariko baramanutse bagera ku 105 ku bagore 100,000 mu 2024.

Ni mu gihe abana bapfa bavuka na bo bavuye ku bana 19 mu bana igihumbi bagera kuri 11 mu bana 1000 mu 2024 kandi Minisiteri y'Ubuzima iteganya ko iyo mibare izakomeza kumanuka kuko buri wese akwiye kubaho.

Umuyobozi Mukuru w'Umuryango Gates Foundation washinzwe n'umuherwe Bill Gates, Mark Suzman yavuze ko uburyo Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda iyobowe na Dr. Nsanzimana yitwaye mu guhashya icyorezo cya Marburg mu 2024 ari kimwe mu bintu by'ikitegerezo byakozwe mu guhangana n'ibyorezo vuba.

Suzman yavuze ko Dr. Nsanzimana ari umuntu wumva neza uburyo bwo gushaka ibisubizo byihuse kandi bibasha gutabara ubuzima bw'abantu benshi.

Dr. Nsanzimana Sabin yaje ku rutonde rw'abayobozi 100 batanga icyizere ku Isi mu 2025



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/dr-nsanzimana-sabin-yaje-ku-rutonde-rw-abayobozi-100-batanga-icyizere-ku-isi-mu

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)