Nyanza: Babiri baturikanwe na kanyanga bari batetse, umwe ahasiga ubizima - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Byabaye mu ijoro rishyira ku wa 1 Ukwakira 2025, mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Nkomero, Umurenge wa Mukingo, mu Karere ka Nyanza aho abagabo babiri, bari bitwikiriye ijoro bari mu gikorwa guteka kanyanga mu ngunguru maze iyo ngunguru iza gushyuha cyane iraturika.

Muri uko guturika byatumye n'inzu y'amategura barimo isenyuka bituma umwe muri bo w'imyaka 35 ahasiga ubuzima naho mugenzi we wimyaka 36 arakomereka bikomeye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yavuze ko bihutiye gutabara, maze bajyana uwakomeretse n'uwapfuye ku Bitaro bya Gitwe.

Ati 'Uwakomeretse ari ku Bitaro bya Gitwe ari kwitabwaho n'abaganga ndetse n'umurambo wa nyakwigendera ni ho wajyanywe.'

CIP Kamanzi yakomeje yibutsa abaturage kwirinda ibikorwa bibi birimo no guteka, kunywa no gucuruza kanyanga kuko bitemewe kandi bihanirwa n'amategeko

Yanaboneyeho gukomeza kwibutsa abaturage gutangira amakuru ku gihe hagamijwe gukumira ibyaha bitaraba anaburira abakomeje kwijandika mu bikorwa bigayitse bihungabanya umutekano wabo ubwabo ndetse nuwa bagenzi babo kubicikaho.

Kanyanga yaturitse itetse mu ngunguru, inama amategura y'inzu



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-babiri-baturikanwe-na-kanyanga-bari-batetse-umwe-ahasiga-ubizima

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)