Nyuma y'amezi abiri gusa yongereye amasezerano mu ikipe ya Rayon Sports, Niyonzima Olivier Seif ashobora gutandukana n'iyi kipe kubera kutishyurwa ibirarane by'imishahara aberewemo no kudahabwa amafaranga yasinyiye yongera amasezerano.
Tariki ya 19 Nyakanga 2025 ni bwo Rayon Sports yatangaje ko yongereye Niyonzima Olivier Sefu amasezerano. Icyo gihe yasinye umwaka umwe.
Amakuru ISIMBI yamenye aturuka mu nshuti za hafi za Seif avuga ko uyu mukinnyi atishimye ndetse isaha n'isaha yahagarika imyitozo akanasaba gusesa amasezerano, ni nyuma y'uko iyi kipe itubahirije ibikubiye mu masezerano bagiranye.
Ngo yari yabwiwe ko nyuma ya Rayon Day (yabaye tariki ya 15 Kanama 2025) azahita ahabwa amafaranga bumvikanye kugira ngo yongere amasezerano (signing fees) angana na miliyoni 5 z'amafaranga y'u Rwanda.
Si ibyo gusa kuko iyi kipe ayishyuza imishahara y'amezi 3 atarishyurwa.
Bivugwa ko ikintu cyababaje uyu mukinnyi cyane ari uko bahembye abandi akwezi kwa 7 we ntibamuhemba ngo yatangiye akazi atinze. Akaba anishyuza iyi kipe ukwezi kwa 4 n'ukwezi kwa 8 none n'ukwa 9 kwagezemo.
Uwahaye aya makuru ISIMBI, yavuze ko iyo agerageje guhamagara ubuyobozi butamwitaba akaba ari na yo mpamvu yatangiye gutekereza kuba yasaba gusesa amasezerano.