Kamonyi: Umukobwa w'imyaka 14 yateye icyuma umuhungu w'imyaka 16 arapfa - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Byabaye mu masaha ya saa moya z'ijoro ku 31 Kanama 2025, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Rukoma, Akagari ka Gishyeshye, mu Mudugudu wa Rubare, aho abo bana babiri bashyamiranye, nyuma uwatewe icyuma akajyanwa kwa muganga akaza kuba ari naho apfira.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yabwiye IGIHE ko uyu mwana watewe icyuma yahise ajyanwa kwa muganga ariko ahita apfirayo.

Ati ''Nyuma y'ayo mahano, uwatewe icyuma yahise yihutanwa ku Kigo Nderabuzima cya Remera Rukoma, ariko ahita apfa, naho ucyekwaho kwica undi mwana we afungiye kuri Polisi, Sitasiyo ya Rukoma, mu gihe Ubugenzacyaha bwatangiye kumukurikirana.''

CIP Kamanzi yakomeje yibutsa abaturage kwirinda urugomo, anasaba by'umwihariko ababyeyi gukomeza kwigisha abana indangagaciro na kirazira by'umuco nyarwanda, bigisha abana umuco w'ubworoherane mu muryango no mu baturanyi.

Iki cyaha cyabereye mu Karere ka Kamonyi



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-umukobwa-w-imyaka-14-yateye-icyuma-umuhungu-w-imyaka-16-arapfa

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)