Umutoza wa Gorilla FC, Alain Kirasa yavuze ko yaba ari Rayon Sports na APR FC nta kipe n'imwe batinya uretse kuba bazubaha nk'amakipe makuru.
Yabivuze nyuma yo gutsinda AS Muhanga 2-0 mu mukino ufungura shampiyona ya 2025-26 waraye ubaye.
Alain Kirasa yavuze ko intego ze na Gorilla FC ari ugutsinda umukino ku mukino atavuga ngo bazatwara ibikombe ibi n'ibi ariko nibatsinda umukino ku wundi bazabyegukana.
Ku kuba nta kipe abona muri iyi shampiyona imuteye ubwoba, yavuze ko ntayo rwose uretse kuba bakubaha Rayon Sports na APR FC nk'amakipe makuru.
Ati "nta kipe n'imwe yadutera ubwoba, ni umupira ni ukuza tugakina, twubaha amakipe makuru, ayo twita makuru kuko afite amazina kandi amaze gutwara ibikombe, tuvuga APR FC, tuvuga Rayon Sports si ukuzivuga gusa kuko zarigaragaje, ntabwo tuzitinya turaza tugakina iyo witeguye neza ushobora no gutsinda.
Kugeza ubu Gorilla FC nyuma yo gutsinda AS Muhanga ni yo iyoboye urutonde rwa shampiyona n'amanota 3, ni mu gihe indi mikino y'umunsi wa mbere ikinwa uyu munsi n'ejo.