Nyaruguru: Umusaza yakubiswe bimuviramo urupfu - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Byabaye ku wa 26 Kanama 2025. Amakuru IGIHE ifite avuga ko uyu mugabo w'imyaka 27, yasanze Nduwamungu aragiye inka, atangira kumukubita amubuza kuragira aho, mu kurwana kwabo aza kumusunikira mu mugina arahazaharira.

Nduwamungu yahise ajyanwa kwa muganga, haherewe ku Kigo Nderabuzima, bigaragara ko arembye bamukomezanya ku Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), ariko mu gitondo cyo ku wa 27 Kanama 2025 arapfa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yatangarije IGIHE ko bikekwa ko ubwo Nduwamungu yari aragiye inka, hari zimwe muri zo zagiye kona mu isambu y'ukekwaho kumwica, ari na cyo cyateye aya makimbirane yaje kuvamo urupfu.

Ati 'Muri ayo makimbirane, barwanye noneho uyu ny'ir'isambu mu kumukubita, aranamusunika agwa mu mugina, bahita bamujyana kwa muganga (CHUB) aza gupfa.'

CIP Kamanzi yakomeje avuga ko ukekwa yafashwe, ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngera, mu gihe Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha(RIB), rwatangiye iperereza kuri we.

Yasabye abaturage kwirinda urugomo kuko ari icyaha gihanwa n'amategeko ndetse ko uzajya abifatirwamo wese amategeko azajya abimuhanira.




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyaruguru-umusaza-yakubiswe-bimuviramo-urupfu

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)