Byari ibyishimo byinshi kuri Gereza ya Gisirikare iri ku Mulindi aho umuvugizi w'abafaba ba APR FC, abanyamakuru barimo Rugaju Reagan, Mucyo Antha, Ricard barekurwaga.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri bakaba barekuwe,barataha basubira mu miryango ya bo.
Bageze hanze bahasanga abantu benshi ndetse n'itangazamakuru ryari ryaje kubakira.
Hari mu mvura nyinshi, gusa basohotse uretse imiryango ya bo nta wundi bashaka kuvugana na bo, wabonaga bihisha itangazamakuru ku buryo byari bigoye kubafata amafoto n'amashusho.
Uyu munsi nibwo Urukiko rw'Ibanze rwa Gisirikare hasomwe umwanzuro ku ifungwa n'ifungurwa ry'agatenganyo ku bantu 28 barimo ofisiye mu ngabo z'u Rwanda, abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igorora,RCS, n'abasivile barimo abanyamakuru Biganiro Mucyo Antha, Rugaju Reagan, Ishimwe Ricard.
Bakaba bakekwaho ibyaha birimo ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe byakozwe binyuze muri Minisiteri y'Ingabo.
Urukiko rukaba rwategetse ko abarekurwa barimo Umuvugizi wa RCS, CSP Hillary Sengabo na CSP Olive Mukantabana na we ukorera muri uru rwego. Abasivili nabo barimo abanyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, Ishimwe Ricard na Mucyo Antha Biganiro wahoze muri uyu mwuga ndetse n'umufana wa APR FC, Mugisha Frank uzwi nka Jangwani.
Abasirikare batatu barimo Captain Peninah Mutoni na Captain Peninah Umurungi, urukiko rwategetse ko bafungwa iminsi 30 y'agateganyo kuko hari impamvu zikomeye zituma bakekwaho ibyaha.
Mu iburanisha ryabaye mu muhezo, ku wa Mbere tariki ya 18 Kanama 2025, ubushinjacyaha bwasabiraga aba baregwa gufungwa by'agateganyo iminsi 30.
Ni mu gihe abaregwa bo basabye urukiko ko baburana badafunzwe.
Ibi byaha baregwa ni ibifitanye isano n'urugendo APR FC yagiriye mu Misiri muri Nzeri 2024, ubwo yari yagiye gukina na Pyramids FC mu irushanwa rya CAF Champions League ndetse na CECAFA Kagame Cup yabereye muri Tanzania ndetse n'izindi ngendo zagiye ziba mu bihe bitandukanye zirimo iza ba ofisiye ba RCS.