Hatangijwe umushinga ugize gahunda yo kwagura Pariki y'Ibirunga - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu mushinga ni agace k'icyiciro cya mbere cyo kwagura Pariki y'Igihugu y'Ibirunga, kizatwara asaga miliyoni 50$.

Muri iki cyiciro hazakorwamo ibikorwa byinshi birimo no kubaka umudugudu mushya w'icyitegererezo, Smart Green Village, uzatuzwamo imiryano 510 ituye ahazagurirwa Pariki y'Igihugu y'Ibirunga.

Kinigi Horticulture Hub ni igice gito kigize uyu mudugudu, uzuzura utwaye miliyoni 3,4$.

Pariki y'Igihugu y'Ibirunga iri mu Majyaruguru y'u Burengerazuba bw'u Rwanda ni yo ibonekamo ingagi zo mu misozi zisigaye hake ku Isi. Iri ku buso bwa hegitari 16.000.

Uyu mudugudu uzubakwa ku buso bwa hegityari 50, uzubakwamo inzu zubatse mu buryo bwo kurengera ibidukikije zifite amashanyarazi akomoka ku mirasire y'Izuba n'uburyo bwo gusukura no kongera gukoresha amazi.

Uretse inzu zo guturamo, uzaba ugizwe n'ibindi bice bitatu birimo icy'ubuhinzi, icy'ubworozi n'icyubukerarugendo, aho buri gice cyitezweho kubyazwamo amafaranga kandi hanarengerwa ibidukikije.

Ahari Kinigi Horticulture Hub, ni mu gice cy'ubuhinzi kirimo inzu zo guhingwamo za 'Green Houses', uburyo bwo guhinga hatifashishijwe ubutaka, ububiko bukonjesha n'uburyo bwo gutunganya umusaruro n'ibindi.

Ku ikubitiro hahise hahingwamo puwavuro, inyanya na cocombre kubera ko ari ibihingwa bifite isoko ryagutse kandi byunguka. Biteganyijwe ko bizajya byinjiza miliyoni 45 Frw buri mwaka, mu gihe ikiguzi cyo kuhitaho ari miliyoni 11 Frw.

Iki cyanya kizajya gicungwa n'abaturage ubwabo binyuze mu ishyirahamwe ryabo rya 'Volcano Community Association'. Abaturage 211 bamaze guhugurwa mu buhinzi bugezweho, imicungire y'imishinga y'ubuhinzi bugamije ubucuruzi n'ubuziranenge bw'ibiribwa.

Muri uyu mudugudu hazaba hari ikindi gice cy'ubworozi kizagira ibikorwaremezo by'ubworozi bw'inkoko, intama n'ingurube.

Hazaba hari igice cy'ubukerarugendo kirimo ibikorwa bishingiye ku kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima, ubukorikori n'umuco.

Muri rusange mu rwego rwo guhangana n'ikibazo cy'ubwisanzure buke ingagi zifite, Pariki y'Igihugu y'Ibirunga izongerwaho hegitari 3.740 bingana na 23% by'ubuso ifite ubu.

Umushinga mugari wo kuyagura uzakorwa mu byiciro bizagenda bishyirwa mu bikorwa mu gihe cy'imyaka iri hagati yi 10 na 15 ukazarangira wose muri rusange ushowemo miliyoni 230 z'Amadorari ya Amerika, harimo azatangwa na Leta y'u Rwanda, abafatanyabikorwa bayo, inguzanyo ndetse n'impano.

Iterambere ry'ubukerarugendo, iterambere ry'abaturage…

Ubwo hatahwaga Kinigi Horticulture Hub, kuri uyu wa 29 Kanama 2025, Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB, Jean-Guy Afrika, yavuze ko uyu mushinga mugari wo kwimura abaturage n'inkunga ibagenerwa byerekana isano iri hagati y'ubukerarugendo mu Rwanda n'iterambere ry'abaturage.

Ati 'Intego ni uguteza imbere imibereho, guhanga imirimo no guteza imebre urubyiruko n'abagore. Iyo ubukerarugendo buzamutse n'iterambere ry'abaturage na ryo ririyongera.'

Muri uwo mujyo, RDB, yageneye Akarere ka Musanze inkunga ya miliyoni 600,4 Frw, aka Nyabihu gahabwa 600,4 Frw, aka Burera gahabwa 450,3 Frw mu gihe Akarere ka Rubavu kagenewe 150,1 Frw yo guteza imbere imibereho myiza y'abaturage baturiye Pariki y'Igihugu y'Ibirunga.

Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yavuze ko uyu mushinga ari intangiriro y'icyiciro cya mbere cyo kwagura Pariki y'Igihugu y'Ibirunga.

Ati 'Uyu mushinga ni ikimenyetso cy'uko umushinga wo kwagura pariki watangiye. Uyu mushinga uzatanga ibisubizo kuri bimwe mu bibazo bisanzwe bibangamira abaturage cyane muri aka gace, harimo icyendera ry'ubutaka buhingwa kubera ubwiyongere bw'abaturage, ibibazo biterwa n'inyamanswa zonera abaturage n'ibindi.'

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuhinzi, Dr. Ndabamenye Telesphore, yavuze ko gahunda yo kwimakaza ikoranabuhanga mu bikorwa by'ubuhinzi ari gahunda ngari ya Leta, bityo ari intambwe ikomeye kuba abo mu Kinigi babitangiye.

Ati 'Ni ibisubizo bikomeye kandi birambye bizatuma dukomeza kubona umusaruro. Tuzakomeza no guteza imbere ikoreshwa ry'imbuto n'ifumbire, bijyane no gukomeza kuhira. Ubu buhinzi bujyana n'amasoko, bityo isoko ry'aha nirimara guhaga, tuzajya mu zindi ntara no hanze y'imipaka y'u Rwanda.'

Kuva gahunda yo gusaranganya inyungu ziva mu bukerarugendo yatangira mu myaka 20 ishize, 10% by'umusaruro wayo byagiye bishyirwa mu mishinga y'abaturage baturiye pariki z'igihugu.

RDB igaragaza ko kugeza ubu imishinga ifite agaciro ka miliyari 18 Frw irimo amashuri, inzu zo guturamo, amavuriro, ubuhinzi n'ubworozi n'ibikorwa byo kugabanya amakimbirane hagati y'abatu n'inyamanswa, yazanye impinduka mu mibereho y'abaturage.

Gahunda yo gusaranganya izi nyungu ikomeje kwaguka. Mu mwaka wa 2025 hashyizwe mu bikorwa imishinga 83 y'abaturage ifite agaciro k'arenga miliyari 4 Frw mu turere 14 tw'u Rwanda. Mu mwaka wa 2025-2026 iyi nkunga biteganyijwe ko izarenga miliyari 5 Frw.

Uyu ni umusaruro wamaze kuboneka muri Kinigi Horticulture Hub
Jean-Guy Afrika yasuye Kinigi Horticulture Hub yahinzwemo ibihingwa bitandukanye
Ku ikubitiro muri Kinigi Horticulture Hub hahinzwemo ibirimo inyanya
Nyirambonigaba Colette na Felicien Maniriho bagaragaje ko banyotewe n'uyu mudugudu ugiye kububakirwa
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yavuze ko uyu mushinga ari intangiriro y'icyiciro cya mbere cyo kwagura Pariki y'Igihugu y'Ibirunga
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuhinzi, Ndabamenye Telesphore, yavuze ko uyu mushinga ujyanye na gahunda ya Leta mu buteza imbere ubuhinzi
Igikorwa cyo gutangiza umushinga w'ubuhinzi bw'indabo, imboga n'imbuto bwifashishije ikoranabuhanga, Kinigi Horticulture Hub, cyitabiriwe n'abantu b'ingeri zitandukanye
Jean-Guy Afrika, yavuze ko inkunga igenerwa abaturage yerekana isano iri hagati y'ubukerarugendo mu Rwanda n'iterambere ry'abaturage
Akarere ka Musanze kagenewe asaga miliyoni 600 Frw yavuye mu bikorwa by'ubukerarugendo
Akarere ka Nyabihu na ko kangewe inkunga yavuye ku nyungu y'ubukerarugendo bukorerwa muri Pariki y'Ibirunga
Burera yagenewe arenga miliyoni 450 Frw
Akarere ka Rubavu kahawe asanga miliyoni 150 Frw
Hafashwe ifoto y'urwibutso
Mu Karere ka Musanze hamuritse ku mugaragaro umushinga w'ubuhinzi bw'indabo, imboga n'imbuto bwifashishije ikoranabuhanga uri ku buso bwa metero kare 1.250

Amafoto: Kasiro Claude




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hatangijwe-umushinga-ugize-igice-cya-mbere-cya-gahunda-yo-kwagura-pariki-y

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)