Abakozi ba Choose Kigali bishyuwe - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni igikorwa cyagizwemo uruhare n'Urugaga rw'Abavoka mu Rwanda (RBA), Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo ndetse n'Akarere ka Nyarugenge.

Ni ikibazo aba bakozi bari bazamuye ku wa 4 Kanama 2025 nyuma y'uko bagerageje ibishoboka byose ngo bishyurwe ariko bikaba imfabusa.

Umwe muri aba bakozi witwa Umutesi Aline uvuga ko bari bamurimo agera ku bihumbi 900 Frw, ni we wabimburiye abandi mu gusaba kurenganurwa yifashishije urubuga rwa X avuga ko we na bagenzi be 11 bagowe n'ubuzima kubera kutishyurwa.

Ku wa 15 Kanama 2025 uyu mukobwa yongeye kwandika kuri uru rubuga, ashimira ababafashije bose avuga ko ubu ikibazo cyakemutse, ndetse bose bishyuwe.

Yagize ati 'Turashimira buri wese wadushyigikiye mu kibazo cyo kutishyurwa twari dufite. Tunejejwe no kubabwira ko ubu icyo kibazo cyakemutse burundu.'

Daniel Byiringiro wari Umuyobozi w'Igikoni, wari ufitiwe umwenda wa miliyoni 15,6 Frw, yabwiye The New Times ko kubona bishyuwe byamutunguye kuko ntabyo yari yiteze ariko byamunejeje.

Ati 'Sinabona amagambo yo kubashimira kuko ndishimye pe.'

Mu bandi bishyuzaga iyi restaurant harimo Claude Nduwayezu, wakoraga mu bijyanye no kumenyekanisha ibikorwa wishyuwe miliyoni 6 Frw yakoreye amezi atandatu, Joseph Nayituriki, wari ushinzwe isuku ndetse n'ibikorwa byo muri restaurant wishyuwe miliyoni 1,6 Frw y'amezi icyenda.

Ange Utezeneza we yishyuwe ibihumbi 990 Frw yakoreye mu mezi atanu ndetse na Delphine Uwimana wishyuwe miliyoni 3,7 Frw yakoreye mu mezi 10.

Bivuze ko iyi restaurant yishyuye arenga miliyoni 28 Frw, yari ibreyemo aba bakozi bamaze amezi bayikorera itabahemba.

Abakozi ba Choose Kigali bari bamaze iminsi bishyuza amafaranga yabo bahembwe



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abakozi-ba-choose-kigali-bishyuwe

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)