Rubavu: Polisi yafunze bane bakekwaho kwica umukecuru bamuciye umutwe - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibi bikorwa by'ubugizi bwa nabi Polisi y'u Rwanda itangaza ko byabereye mu Murenge wa Rubavu, Akagari ka Burinda mu ijoro ryo ku wa 15 Nyakanga 2025.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, yatangarije IGIHE ko hafunzwe bane, mu gihe iperereza rigikomeje ngo hamenyekane niba nta bandi bafatanyije na bo.

Ati 'Polisi imaze gufata bane bakoze igikorwa kigayitse cyo kwambura ubuzima uriya mubyeyi, iperereza riracyakomeje habazwa abafashwe niba hari abandi babifitemo uruhare ngo na bo bafatwe.'

Yaboneyeho gusaba abaturage kwirinda kwishora mu byaha birimo no kwambura ubuzima bagenzi babo, kuko Polisi itazigera ibihanganira.

Yanaboneyeho gusaba abaturage kujya batangira amakuru ku gihe ku bafite imigambi mibisha yo kugirira nabi bagenzi babo, kugira ngo iburizwemo.

Abafashwe bose uko ari bane bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi.

Umugabo w'uwo mukecuru wakomerekejwe n'aba bagizi ba nabi yahise ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Nyundo kwitabwaho n'abaganga, mu gihe umurambo wa Nyakwigendera wahise ujyanwa mu bitaro bya Gisenyi gukorerwa isuzuma mbere y'uko ushyingurwa.

Bane bo mu Karere ka Rubavu bakekwaho kwica umukecuru bamuciye umutwe



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rubavu-polisi-yafunze-bane-bakekwaho-kwica-umukecuru-bamuciye-umutwe

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)