RDB yavugutiye umuti ikibazo cya serivisi zari zimaze iminsi zitinda - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni nyuma y'uko umwe mu bakoresha urubuga rwa X yanditse ko serivisi itakiri nziza muri RDB kuko nko kwandikisha ingwate byatwaraga iminsi itarenga ibiri bisigaye bitwara iminsi irenga 10.

Yagaragaje ko ibi bibazo bya serivisi zitinda byatangiye muri Mata 2025.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika, abinyujije kuri X, yasubije ko ikibazo cya serivisi zitinda cyatewe n'uko abazikeneye babaye benshi cyane nyamara umubare w'abazitanga wo ukomeza kuba bake.

Ati 'Hashize iminsi hari ikibazo mu mitangire ya serivisi. One Stop Center yahuye n'umubare munini w'abakeneye serivisi benshi barimo ababaribwa muri 600 bandikisha ubucuruzi ku munsi ndetse n'abandikisha ingwate biyongereye cyane. Gusa umubare w'abakozi no kuvugurura sisiteme byo ntibyagiye kuri uwo muvuduko.'

Afrika yahamije ko abakozi barangije kuboneka, ndetse na sisiteme yamaze kuvugururwa ku buryo kuva ku wa 22 Nyakanga 2025 bazongera gutanga serivisi uko bisanzwe.

Ati 'Byaba gushaka abakozi bashya no kuvugurura sisiteme byararangiye. Abakozi bari gukora ubutaruhuka ngo bamaremo ibirarane bitarenze ku wa 22 Nyakanga 2025 bakazongera gutanga serivisi uko bisanzwe kuva ku wa 24 Nyakanga 2025.'

RBD ihamya ko ingaruka ibibazo nk'ibi byateje babizirikana kandi 'twiteguye kongera gutanga serivisi nziza uko muzifuza.'

Umuyobozi Mukuru wa RDB, , Jean-Guy Afrika yahamije ko mu minsi mike serivisi zizongera gutangwa uko bisanzwe



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rdb-yavugutiye-umuti-ikibazo-cya-serivisi-zari-zimaze-iminsi-zitinda

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)