Egide Fox yahamirije IGIHE ko we n'umugore we bibarutse umwana w'umuhungu. Ati 'Twibarutse umwana mwiza w'umuhungu.'
Egide Fox yari yasabye anakwa Clelia Keza mu birori byabereye mu Intare Arena i Rusororo ku wa 28 Gashyantare 2025. Gusezerana mu mategeko byabaye muri Mutarama 2025 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Egide Fox yasezeranye n'uyu mugore babyaranye nyuma y'imyaka irenga ine atandukanye na Miss Aurore Kayibanda bari barasezeranye kubana akaramata ariko iby'urukundo rwabo bikaza gushyirwaho akadomo mu 2021.
Nyuma yo gutandukana na Egide Fox, Miss Aurore Kayibanda yaje gushyingirana na Gatera Jacques wamwambitse impeta mu 2023, basezerana imbere y'amategeko muri Gashyantare 2024 mu muhango wabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Egide Fox asanzwe ari umuhanga mu bijyanye no gufata amafoto n'amashusho. Yavukiye mu Rwanda, ahiga n'amashuri yisumbuye ariko aza kuhava afite imyaka 14 ajya gukomereza amasomo ye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/egide-fox-n-umugore-we-bibarutse-imfura