Urubyiruko ruzafashwa kwiga mu Burusiya: Ibikubiye mu masezerano ya Afri-Global na MAL Group yo muri Uganda - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Nyuma y'aya masezerano yasinyiwe i Kigali, Michael Shyaka Nyarwaya uyobora Afri-Global Cooperation Program Ltd yagaragaje ko iyo mikoranire ishimangira icyerekezo gihuriweho cy'ahazaza ha Afurika.

Yashimangiye ko ibyo bakora bikunze kwibanda cyane ku rubyiruko kuko iterambere rya Afurika ari rwo rigomba gushingiraho.

Ati '98% by'ibikorwa byacu bigenewe urubyiruko, kuko twemera tudashidikanya ko iterambere ry'umugabane wacu rishingiye ku rubyiruko rufite ubushobozi.'

Ayo masezerano azashingira ku bikorwa bihuriweho birimo gushinga imishinga y'urubyiruko, kubaka imbuga z'ubucuruzi mpuzakarere, gutangiza uburyo bwo guhanga udushya n'uburyo burambye bwo kubona inkunga.

Shyaka yavuze ko ibyo bikorwa bijyanye n'intego z'u Rwanda zo kongera umusaruro mbumbe ku muturage, zigomba gutangizwa vuba binyuze mu gukangurira urubyiruko kwizigamira, gushora imari no kwihangira imirimo.

Perezida MAL Group, Abel L. Mboni, yashimangiye ko urubyiruko ari inkingi ya mwamba mu iterambere ry'Afurika ari nayo mpamvu yahisemo gukora ibikorwa bigamije kuruteza imbere.

Yavuze ko afite gahunda zitandukanye zigamije iterambere ry'urubyiruko, harimo gufasha abanyeshuri bagera kuri 500 kubona buruse zo kwiga muri Kaminuza zo mu Burusiya, cyane cyane mu buvuzi n'ubukungu.

Ati 'Tugomba gufasha urubyiruko gutangira imishinga yabo, kuko Leta zacu ntizishobora gutanga imirimo kuri bose,'

Icyo kigo kandi kizatanga ubufasha bw'amafaranga n'ubujyanama mu ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano no gutanga inkunga y'ibanze ku mishanga itandukanye.

Impande zombi ziteganya ko ubwo bufatanye buzabyara ibigo by'ubucuruzi by'urubyiruko, ihuriro ry'amasoko mpuzakarere, gahunda z'imari zidashingiye ku nguzanyo ziremereye, ndetse n'amahuriro y'abashoramari b'urubyiruko muri Afurika.

Abakozi ba Afri-Global Cooperation Program Ltd na Sosiyete ya MAL Group nyuma yo gusinya amasezerano y'ubufatanye
Afri-Global Cooperation Program Ltd na Sosiyete ya MAL Group biyemeje no gufasha urubyiruko gushaka ubumenyi mu bihugu byateye imbere birimo n'u Burusiya
Amasezerano yasinywe hagati ya Afri-Global Cooperation Program Ltd na Sosiyete ya MAL Group yo muri Uganda arimo no kubakira ubushobozi utubyiruko mu buryo bw'amikoro
Afri-Global Cooperation Program Ltd na Sosiyete ya MAL Group yo muri Uganda byinjiye mu bufatanye bujyanye no kubakira urubyiruko ubushobozi
Urubyiruko rufite imishinga itandukanye rwasinye amasezerano arufasha kuruteza imbere
Michael Shyaka Nyarwaya uyobora Afri-Global Cooperation Program Ltd ashyira umukono ku masezerano



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urubyiruko-ruzafashwa-kwiga-mu-burusiya-ibikubiye-mu-masezerano-ya-afri-global

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)