Rusizi: Gitifu uvugwaho gufungira abaturage mu kagari yatawe muri yombi - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku wa 26 Kamena 2025 ni bwo amakuru y'itabwa muri yombi ry'uyu muyobozi yatangiye kuvugwa.

Ni mu gihe hari abaturage bo muri aka kagari bari baherutse kumushinja kubafungira mu biro y'akagari, bagaragaza ko abahora ubusa.

Uwari uherutse gufungwa yari yatemye igiti kigwira ubwatsi bw'urubingo, Banyangiriki ahita mufungira mu kagari.

Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yabwiye IGIHE ati 'Yego, ari mu bugenzajyaha hari ibyo akekwaho agomba gusobanura'

Gitifu w'Akagari ka Kizura, Banyangiriki Alphonse afungiye kuri Sitasiyo y'Urwego rw'Iguhugu rw'Ubugenzacyaha ya Muganza.




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-gitifu-uvugwaho-gufungira-abaturage-mu-kagari-yatawe-muri-yombi

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)