Prof. Kabaji ni we munya Kenya wenyine ufite impamyabumenyi y'ikirenga mu bijyanye n'ubuvanganzo mu by'itumanaho. Yari Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe igenamigambi, ubushakashatsi no guhanga udushya muri kaminuza ya Masinde Muliro yo muri Kenya.
Prof. Kabaji afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu Burezi n'iy'icyiciro cya gatatu mu Bugeni, zose yazikuye muri Kenyatta University yo muri Kenya.
Afite icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n'imiyoborere mu by'imari [Business Administration] yakuye muri Jomo Kenyatta yo muri Kenya.
Uyu mugabo kandi Afite impamyabumenyi y'ikirenga mu bijyanye n'itangazamakuru yakuye muri University of South Africa
Prof Kabaji asanzwe azwiho kuba umuhanga mu kwandika ibitabo byinshi bitandukanye aho kugeza ubu amaze kwandika ibitabo birimo inkuru mpimbano birenga 40, igiheruka cyitwa 'Morning glory' yasohoye mu 2023, amaze no kwandika ibitabo by'abana cyangwa birimo inkuru z'abana birenga 30.
Prof. Kabaji yabaye umuyobozi wungirije w'Ihuriro ry'Abanditsi baharanira ubumwe bw'Abanyafurika, Pan African Writers Association.
