Abakozi ba leta bahize gukora ibihabanye n'iby'abababanjirije bishe abo bari bashinzwe kurinda - #rwanda #RwOT

webrwanda
3 minute read
0

Ni igikorwa cyabaye mu rwego rwo kwibuka abahoze ari abakozi b'izo minisiteri n'ibigo bitandukanye bizishamikiyeho bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abayobozi bagaragaje ko bamwe mu bayobozi bayoboraga minisiteri zitandukanye bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, binyuze mu kubiba urwango, amacakubiri n'ingengabiterezo mu Banyarwanda byatumye Abatutsi barenga miliyoni bicwa urwagashinyaguro.

Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Uwimana Consolée, yavuze ko bafite inshingano zo gukosora ibyo abari abayobozi n'abakozi b'izo minisiteri bakoze.

Yagize ati 'Kwibuka abahoze ari abakozi b'izo minisiteri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bitwibutsa uruhare bamwe mu bari abakozi bazo bagize mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside binyuze mu gushishikariza urubyiruko n'abagore gukora ibikorwa by'urukozasoni. Ibyo bituma twese tugira inshingano zo gukora ibitandukanye n'ibyo abo bakoze turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n'ibindi bishobora gutuma ibyabaye mu 1994 byongera.'

Uwimana yakomeje asaba abayobozi bagenzi be kuba intangarugero ku buryo abakiri bato babigiraho kuko ubwo Jenoside yabaga umubare munini w'urubyiruko rwayikoze rwabishishikarijwe n'abantu bakuru kandi bari abayobozi.

Ati 'Mureke twese tunoze imvugo, imikorere, n'imyumvire byacu kuko ibikorwa dukora twaba tubizi cyangwa tutabizi hari uruhare bigira mu kwanduza abakiri bato batwumva, batubona ndetse batwugiraho.'

Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yavuze ko amateka mabi igihugu cyagize byagizwemo uruhare n'ubuyobozi bwariho bwari bwuzuye urwango n'amacakubiri ndetse, ibyagize ingaruka mbi Rwanda n'abarutuye.

Yavuze ko ingengabitekerezo ya Jenoside yari yarashinze imizi muri politiki ya repubulika ya mbere n'iya kabiri ari byo byatumye Abanyarwanda bacikamo ibice kandi bari bunze ubumwe.

Yagize ati 'Abatutsi ntibahabwaga amahirwe angana n'ay'abandi ndetse ugasanga hari abakozi bamwe bagiye bakora intonde z'abagenzi babo b'Abatutsi bakoranaga bagomba kwicwa, ariko twe tugomba gukora ibitandukanye n'ibyo bakoze.'

Yibukije uburyo mu 1994 igihugu cyatakaje abakozi b'ingirakamaro bari bafite indangagaciro, bakaba abanyamurava bitangiraga akazi kabo, asaba bagomba kusa ikivi cyabo.

Tito Rutaremara na we yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo Ishinzwe abakozi ba Leta, Angelina Muganza yunamiye abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'ubuhanzi, Umutoni Sandrine, yitabiriye igikorwa cyo kwibuka abahoze ari abakozi b'iyi minisiteri
Perezida wa IBUKA, Dr. Gakwenzire Philbert, watanze ikiganiro yibukije abakiri bato bakora muri ibi bigo ko bakwiriye kwiga amateka kandi ko adakwiriye kubabera umutwaro
Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Uwimana Consolée, yunamiye abarenga ibihumbi 250 bashyinguwe ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Minisitiri Uwimana yavuze ko bafite inshingano zo gukosora ibyo abari abayobozi n'abakozi ba MIGEPROF bakoze
Minisitiri Utumatwishima yerekanye uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yari yarashinze imizi muri politiki y'ubutegetsi bwa Habyarimana na Kayibanda
Abakozi bakorera MOYA na MIGEPROF hamwe n'ibigo bitandukanye bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Amafoto: Munyemana Isaac




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abakozi-ba-leta-bahize-gukora-ibihabanye-n-iby-abababanjirije-bishe-abo-bari

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)
Today | 31, July 2025