Rutahizamu wa Police FC, Byiringiro Lague, yahakanye amakuru avuga ko yaba yarambuye amafaranga abakinnyi bagenzi be.
Byiringiro yavuze ko ayo makuru atariyo, ndetse ko agiye kujyana mu mategeko umunyamakuru wayatangaje. Yagize ati: 'Ni ibinyoma bigamije kwangiza izina ryanjye, kandi ngiye gufata ingamba zikwiye'
Aya makuru aje nyuma y'aho ku mbuga umunyamakuru Roben Ngabo atangaje ko uyu mukinnyi yaba afitiye imyenda bagenzi be bakinana. Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Police FC ntiburagira icyo butangaza kuri iyi ngingo.
Â
Source : https://yegob.rw/umunyamakuru-roben-ngabo-agiye-kwisanga-muri-rib-arezwe-na-byiringiro-lague-agiye/