
Mu busanzwe bahugurirwaga mu Ishuri rya Polisi rya Gishari ryo mu Ntara y'Iburasirazuba mu Karere ka Rwamagana, cyangwa mu Ishuri rya gisirikare ry'i Gako, Rwanda Military Academy.
Ibi birori byabaye ku wa Kabiri tariki ya 18 Kamena 2024, byitabiriwe na Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente, wanakiriye indahiro z'aba bofisiye bato bashya.
Byari byitabiriwe kandi na Minisitiri w'Umutekano w'imbere mu gihugu, Dr Vincent Biruta, Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Musabyimana Jean Claude, Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, n'abandi banyacyubahiro batandukanye.
Aba bofisiye bato 166, basoje amasomo yabo, barimo ab'igitsinagore 27, bakaba bari bamaze amezi 15 bahabwa amahugurwa.
Muri aba , 66 bari basanzwe mu kazi, abandi 100 bakaba baraturutse mu buzima busanzwe. Harimo 10 bagiye gukorera amahugurwa mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Gako, Rwanda Military Academy.
Mu gihe aba bofisiye bamaze bahugurwa, bahawe ubumenyi mu micungire y'amagororero y'igihugu n'iy'abagororwa, ubumenyi mu bijyanye n'umutekano, ubumenyi mu bijyanye no kuyobora abandi no kuba abanyamwuga kandi bakarangwa n'ikinyabupfura.
Bakoze imyitozo ibafasha gusobanukirwa neza ibyo bize mu ishuri n'uko bishyirwa mu bikorwa, n'indi ituma bagira umubiri uzira umuze ndetse banahabwa umwanya wo kwimenyereza umwuga.
Reba amafoto yaranze uyu muhango


















































Amafoto: Kwizera Hervé