Ikipe ya As Kigali kuri uyu wa Gatatu, nibwo yakinnye umukino wo kwishyura mu ijonjora rya mbere ry'imikino y'igikombe cy'Amahoro 2023-24. Ni umukino As Kigali yakiriyemo Etincelles FC ndetse inayitsinda ibitego 2-0, ihita izamuka mu kindi cyiciro kugiteranyo cy'ibitego 3-0 mu mikino 2.
Nyuma y'uyu mukino abakinnyi ba As Kigali bashimiwe na Seka Fred usanzwe uyobora iyi kipe ndetse na Shema Fabrice ufatwa nk'umuyobozi w'icyubahiro w'iyi kipe.
Ubwo bari ku ruziga, Seka yemereye abakinnyi uduhimbazamusyi tw'imikino 2, bigendanye n'uko bitwaye. Seka Yagize ati" Nishimiye uko mwitwaye, ndetse amanota tubonye yari akenewe. Ndabizeza ko umwaka utaha tuzaba dufite ikipe irenze kuruta uko ubu tumeze nubwo ubu nabwo tutoroshye. Nituva hano, Bayingana araza kubareba abahe umwaka mushya, kandi barabaha uduhimbazamusyi tubiri."
Nyuma y'iri jambo Shema Fabrice nawe yafashe umwanya agira Ati" Ntabwo ndibujye kure y'ibyo Perezida avuze nanjye nemeye uduhimbazamusyi tubiri."
As Kigali uko itsinze umukino, ihabwa agahimbazamusyi k'ibihumbi 30 FRW. Ibi bivuzeko uduhimbazamusyi 4 tungana n'ibihumbi 120 FRW.Â
Shema yari yishimiwe cyane n'abakinnyi ndetse n'abatoza b'ikipe ya As KigaliÂ

As Kigali yabonye itike y'icyiciro gikurikira mu mikino y'igikombe cy'Amahoro