Nta mpamvu niwe yari ihari yo kuganira na Kiyovu. Gakwaya Olivier #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muri ruhago yo mu Rwanda inkuru ya Haringingo Francis Christian ni imwe muzagarutsweho cyane bishimangirwa n'umuvuguzi Wa Rayon sport wunzemo irye avugako nta mpamvu nimwe yarihari yo kuganira n'ikipe ya Kiyovu kuwahoze ari umutoza wayo.

Haringingo Francis Christian Uri kurikoraza.

Nyuma y'umukino ikipe ya Rayon sport yanganyijemo na Gicumbi F.C, 0-0, umuvugizi w'iyi kipe Gakwaya Olivier yavuze ko nta mpamvu nimwe yari ihari yatumaga babanza kuganira na Kiyovu kubijyanye no guha akazi Haringingo nk'umutoza mushya wa Rayon sport.

Olivier akomeza avugako Haringingo yari yareguye ku mirimo ye yo gutoza Kiyovu, bityo ku ruhande rwa rayon sport bakaba nta mpamvu babona yagombaga gutuma bajya mu biganiro na Kiyovu.

Avuga kubyo kuba Haringingo yarahagarikiwe ibyangombwa by'atagetanyo na Ferwafa, Gakwaya Olivier yavuze ko ari iby'igihe gito ndetse anamara impungenge abakunzi ba Gikundiro ahamyako biza gukemuka mu gihe cya Vuba.

 

The post Nta mpamvu niwe yari ihari yo kuganira na Kiyovu. Gakwaya Olivier appeared first on FLASH RADIO&TV.



Source : https://flash.rw/2026/04/05/nta-mpamvu-niwe-yari-ihari-yo-kuganira-na-kiyovu-gakwaya-olivier/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)