Amag The Black yasinyishije abahanzi babiri... - #rwanda #RwOT

webrwanda
1 minute read
0

Aba bahanzi Amag yabasinyishije muri label ndetse ifite studio yamaze no gufungura yise 'Omega Sound Records'. Abahanzi yasinyishije barimo uwitwa  Real Roddy na Mevis.

Uyu muhanzi yabwiye InyaRwanda ko kuza mu byo gufasha abahanzi yabitekereje ashaka gutanga umusanzu mu ruganda rw'umuziki.

Ati ''Nk'umuhanzi ubimazemo imyaka myinshi nashatse gutanga umusanzu mu gufasha abahanzi, kuko nzi imvune bagira mu rugendo rw'umuziki.''

Yakomeje avuga ko yatekereje gukorana n'aba bahanzi kubera ko ari abanyempano.

Iyi studio Ama G The Black yayujuje ku Muhima ho mu Karere ka Nyarugenge, iri kumwe n'aho abadozi be bahangira imideli kuko yahise yinjira mu buhanzi bw'imyenda ikorerwa mu Rwanda.

Ama G The Black kera yigeze kugira studio yamamaye yitwaga Black Gang yakuriyemo Bruce Melodie, Producer Piano n'abandi.

Abahanzi babiri Amag yasinyishije Amag ni umwe mu baraperi bamaze igihe bakunzwe mu Rwanda Real Roddy ubanza ibumoso na Mevis batangiye gukorana na Amag 

Studio ya Amag

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO YAHURIYEMO ABA BAHANZI BASINYISHIJWE NA  AMAG THE BLACK



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/126202/amag-the-black-yasinyishije-abahanzi-babiri-muri-label-ye-126202.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)
Today | 15, June 2025