Byari amarira n'agahinda ubwo Mercelo yasezeraga abafana ba Real Madrid. - YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Marcelo akaba na Captain w'ikipe ya Real Madrid, ubwo herekanywaga igikombe cya Champions league, yatangarijemo ku mugaragaro ko atazaguma muri iyi kipe.

Yatangajeko byari iby'agaciro gakomeye gukorana ndetse no gukina mu ikipe ikomeye ku isi nka Real Madrid ndetse akayigiriramo ibihe byiza, kuko amaze gutwarana nayo ibikombe bitanu bya Champions league.

Mu mashusho dukesha Dailymail sport yerekana Marcelo afite indanguramajwi ashimagiza ubuhanganje bwa Real Madrid ndetse asezera no kubafana.

N'amarira azenga mu maso yatangajeko byari iby'agaciro kuba asoje amanika igikombe cya Champions league yari amaze gutwara bwa gatanu.

Yagize ati:' Niby'agaciro gakomeye kuba mpagarikiye ahangaha, nkahagarikira mu kipe nziza nk'iyi sinzibagirwa ibihe byiza nagiriye hano'

umunya-Burazire Marcelo da Silva Junior, yavukiye mu gace ka Rio de Janeiro muri Brazil mu mwaka wa 1988.



Source : https://yegob.rw/byari-amarira-nagahinda-ubwo-mercelo-yasezeraga-abafana-ba-real-madrid/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)