Ni mu muhango wo kwakira abahatanye muri iri rushanwa wabaye ku mugoroba w'uyu wa Gatatu tariki 15 Nzeri 2021, mu Mujyi wa Abidjan muri Côte d'Ivoire. Muri iri rushanwa u Rwanda ruhagarariwe na Rukundo Dismas.
Abategura iri rushanwa batangaje ko Asanga Braine yahize abandi basore 19 bari bahatanye mu kugaragaza imbaraga yegukanye ikamba rya Mr Strength Africa.
Uyu musore yahize abandi mu kugira ibituza ajyanisha n'imbaraga zo guterura ibintu biremeye kurusha abandi bituma yegukana iri kamba.
Ku myaka 15 y'amavuko, ni bwo yatangiye gukora siporo yubaka umubiri, atoza benshi bituma umubiri we ugira imiterere myiza.
Moctar Drame wo muri Côte d'Ivoire yabaye igisonga cya mbere n'aho Moussa Sedogo [Prince] aba igisonga cya kabiri.
Mu gihe cy'umunsi umwe aba basore bamaze muri Cote d'Ivoire, bakoze imyitozo itandukanye, bapimwe Covid-19, batemberejwe ahantu nyaburanga n'ibindi.
Miss Africa International ni irushanwa rigamije guhitamo umusore w'igishongore. Umusore uzatorwa azasimbura Emmanuel Umoh umaze umwaka afite iri kamba.
Mu 2020, iri rushanwa ryarasubitswe kubera icyorezo cya Covid-19. Ndetse, ibice bimwe by'iri rushanwa byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga muri iki gihe mu rwego rwo kwirinda iki cyorezo.
Rukundo Dismas uhagarariye u Rwanda yitabiriye amarushanwa atandukanye. Mu 2019, Rukundo Dismas w'imyaka 26 y'amavuko, yashyizwe ku rutonde rw'abasore bari kwitabira irushanwa rya 'Mister United Continents'.
Uyu musore yahatanye mu irushanwa Miss&Mister Elegancy Rwanda, Mister Supranational, ndetse yabaye igisonga cya mbere cya Mister UTB mu mwaka w'2016.
Ni ku nshuro ya Gatanu u Rwanda rwitabiriye iri rushanwa. Mu 2015, rwahagarariwe na Turahirwa Moses washinze inzu y'imideli ya Moshions ifatawa nka nimero ya mbere mu Rwanda, aho yabashije kwegukana ikamba ry'igisonga cya mbere.
Mu 2017, u Rwanda rwahagarariwe na Jay Rwanda usigaye abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Uyu musore yahigitse bagenzi be yegukana ikamba rya Mister Africa International, bimuhesha amahirwe atandukanye.
Mu 2018, Niyirora Nshongore Divic wabaye Mister Elegancy Rwanda 2018, ni we wari guserukira u Rwanda ariko ntiyagiyeyo ku mpamvu zitandukanye.
Asanga Braine Check wo muri Cameroon yegukanye ikamba rya 'Mr Strength Africa'Â 
Miss Africa International ni irushanwa rigamije guhitamo umusore w'igishongore




