Nyamirambo: Umukozi yasinze yibagirwa sebuja - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ahagana kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku wa Gatanu taliki ya 9 Nzeli 2021 nibwo uyu mukozi yagaragaye yasinze ari kubwira sebuja ko atamuzi.

Abatangabuhamya babwiye IGIHE ko uyu mukozi yahengereye umusore akorera ahuze, ajya kunywa inzoga agaruka yasinze ku buryo atabashaga kumenya umukoresha we.

Nyuma y’aho umukoresha we amaze umwanya munini atabona umukozi we, yahise atangira kumushakisha aza kumusanga ari kunywa inzoga hafi aho, ashatse kumucyura undi aramwandagaza.

Karenzi Benjamin wari uhari ibyo biba yagize ati “ Sebuja yagiye amukura mu kabari ariko yari yasinze atari no kumumenya.”

Umugore witwa Mukakayibanda Adeline utuye ku muhanda mu kwa mutwe, we ati “ Umukozi ntiyamenyaga umuntu uwo ariwe wese yaba sebuja cyangwa abaturanyi be kubera uburyo yari yasinze yabaye ibyatsi ahubwo umuntu akibaza akabari yari arimo kunyweramo azi ko sebuja yamubwira ikintu akamwiyama ku buryo ariho byaviriyemo no kurwana.”

Mu Gitega bikunze kuvugwa ko hari utubari dukora twarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 ari nabyo bivamo ubusinzi buteza ibibazo bitandukanye.

Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Gitega, Uzamukunda Anathalie, yavuze ko hari gukorwa ubukangurambaga no gukurikirana ko utubari twose dufunze.

Uyu musore yari yibagiwe abantu bose bo muri ako gace
Yari yateje umutekano muke mu muhanda ku buryo nta modoka zagendaga



source : https://ift.tt/3A5sRZG

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)