Dore imyitwarire y'abagore itera abagabo kubatakariza icyizere #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Urubuga Elcrema dukesha iyi nkuru rwatangaje ko guta umugore uko ariko kose gushobora guturuka ku myitwarire y'umugore idahwitse, umugabo yaba adashobora kuyihanganira agata umugore akoresheje uburyo bumwe mu bwo twabonye haruguru;

Dore imwe muri iyo myitwarire:

Gufata imyanzuro yihuse kandi ihubutse

Abagabo benshi ntabwo bakunda ko abagore babo bafata imyanzuro yihuse rimwe na rimwe banahubutse cyane cyane mu byemezo bireba umuryango wanyu n'umuryango mugari muri rusange. Niba hari icyemezo ugomba gufatira umwana wanyu, ababyeyi bawe n'abandi bo mu muryango jya ubanza ubiganireho neza n'umugabo wawe.

Guhindura uko witwaraga

Rimwe na rimwe abasore n'inkumi iyo barambagizanya usanga bibombaritse ku buryo hari imico imwe nimwe batamenyenaho. Iyo bamaze kubaka urwabo usanga noneho buri wese yigaragaza uko ari ntacyo ahishe. Iyo bibaye ku mugore agahita atangira guhinduka bitandukanye n'uko umugabo yari asanzwe amuzi, umugabo bimutera gutangira kumuhunga

Gushaka guhindura umugabo

Abakobwa benshi bibeshya ko hari imico bazahindura ku basore bakundana bamara kubana bagasa nk'aho babategeka guhinduka. Uko ushaka guhindura umugabo niko uba urushaho kumubera umutwaro. Mu rwego rwo kuruhuka uwo mutwaro rero umugabo atangira kuguhunga cyangwa se agashyira imbaraga nke mu rukundo rwanyu kuko aba yumva ko uje kumubera umutwaro aho kumubera igisubizo. Jya ushaka uburyo wakwitwara ku mugabo wawe imyitwarire idahwitse ntitere ikibazo aho gutekereza kumutegeka guhinduka.

Guhora uri gushoza intambara

Umugore uhora avugira hejuru, agahora ashaka gushotora umugabo we nawe aba agwisha umugabo we mu mutego wo kumuta. Umugore ushaka kurambana n'umugabo we ntabwo avugira hejuru cyangwe se ngo ahore amushotora ku kantu ako ariko kose.

Guhora uganya

Umugore uhora mu maganya akaba ari intashima ntabwo arambana n'umugabo we. Niba uziko umugabo wawe upfa kumubona ukamwakiriza amaganya, ukaba nta kintu na kimwe ujya umushimaho menya ko uba umutera umutima mubi wo gutangira kujya kure y'urukundo rwanyu.

Kugaragaza gukunda amafaranga kurusha uwo mwashakanye

Ari abagore ari n' abagabo ntawavuga ko adakunda amafaranga. Gusa iyo birenze urugero ukabona ko umuntu atekereza amafaranga kurusha uwo bashakanye bitera uwo mwashakanye kukugabanyiriza icyizere. Hari nk'abagore bagaragariza abagabo babo urukundo mu gihe baziko bafite amafaranga yaba yatangiye gushira umushiha ukaba ariwo ubaranga. Icyo gihe uba ugaragaza ko ukunda mafaranga kurusha uko ukunda umuntu.

Kwigira umuyobozi w'ibintu byose

Mu gihe mwabivuganyeho n'umugabo wawe ko ari wowe uzajya ugenzura ibintu ushobora kubikoa nta kibazo. Ariko niba mutarabivuganye ugahora ugenzura byose, amafaranga yasohokanye mu mufuka ukaba urayazi, yagaruka ukajya kubara ayo yagarukanye, icyo gihe uba utuma agutakariza icyizere.

Kubaho ubuzima budafite intego

Umugore ushaka kubaho mu buzima budafite intego akangiza umutungo w'urugo uko yiboneye, usanga umugabo amutakariza icyizere niyo yaba ari mwiza n'ibindi byose akaba yari abyujuje.

Kutiyitaho no gufata umugabo nabi mu buriri

Abagabo hafi ya bose bagirira abagore babo icyizere iyo babona nabo bakifitiye bakiyitaho ndetse bakanuzuza inshingano zabo neza zo mu buriri. Iyi wiyitaho kandi n'igikorwa cyo gutera akabariro ku bashakanye kigenda neza, uba uri kubaka icyizere gikomeye mu mugabo wawe.

Gufuhira umugabo wawe bikabije

Hari abagore bafuhira abagabo babo ku buryo bukabije ugasanga ashaka kumenya byose yiriwemo atari uko amukunze ahubwo abitewe n'umutima mubi wo gutekereza ko umugabo we afite ibindi aba arimo. Uzasanga umugore nk'uwo ahora mu mahane n'umugabo bapfa ibintu rimwe na rimwe atanafitiye gihamya.

Uko ukomeza gukeka umugabo wawe rero niko ageraho akabona ko n'ubundi ntacyo aramira. Iyo adafite umutima nama ukomeye uwo munabi uhora umutura umutera gutangira kuguhunga akaba yakwigira no mu bandi bagore. Iyi ni imwe mu myitwarire abagabo badakunda kwihanganira ku bagore babo ugasanga babagabaniriza icyizere bikazabageza no ku guta ingo zabo burundu.

Refe:elcrema.com



Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/dore-imyitwarire-y-abagore-itera-abagabo-kubatakariza-icyizere

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)