Biteye agahinda, yamaze imyaka igera kuri 15 yishyurira imisoro undi bitiranywa_ inkuru irambuye #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Biteye agahinda umugabo wo mu gihugu cy' u Bufaransa utuye ahitwa i Montpellier, yahuye nuruva gusenya ubwo yasangaga yari amaze imyaka 15 yose yishyurira uwo bitiranywa amafaranga y' umusoro mu buryo butigeze butekerezwaho na buri wese.

Uyu mugabo witwa Francis Lopez w' imyaka 83 y' amavuko bivugwa ko yatangiye kwishyura umusore kuva muri 2006, amafaranga y'umusoro agomba kwishyura ya pansiyo akatwa ku muntu bahuje amazina yombi.

Umuntu umaze imyaka 15 yishyura imisoro itari yagize ati: 'Navukiye mu mujyi umwe, umunsi umwe, dufite izina rimwe. Twitwa Francis Lopez, twembi twavukiye Oran ku ya 6 Ukwakira 1938. Dufite nimero imwe y'ubwiteganyirize usibye imibare itatu ya nyuma'.

'Natangiye kugira ibibazo muri 2006 none ninjye utanga imisoro. Ikibazo nuko niba nta kintu gikozwe nzishyuzwa mu myaka mike iri imbere niba bakomeje kwica amatwi, niba badashaka gukemura iki kibazo'.

Uyu mugabo akomeza avuga ko yagiye inshuro zigera kuri 6 muri serivisi zishinzwe imisoro ariko ikibazo cye batagikemura.

Ikigo gishinzwe gukurikirana za pansiyo kitwa AG2R mu magambo ahinnye, agishinja imikorere mibi no kumusiragiza.

Iki kigo ariko kimwe n'Ubuyobozi Bukuru bw'Imari ya Leta bivugana na Radio RMC yo mu Bufaransa, 7sur7.be ikesha iyi nkuru, byijeje ko iki kibazo kigomba gukemuka mu minsi mikeya.

Hagati aho ariko Francis avuga ko agomba no gukurikirana amafaranga amaze imyaka 15 yishyura mu izina ry'undi muntu utari we.



Source : https://impanuro.rw/2021/09/04/biteye-agahinda-yamaze-imyaka-igera-kuri-15-yishyurira-imisoro-undi-bitiranywa_-inkuru-irambuye/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)