
Itangazo NEC yashyize ku mugaragaro rivuga ko yatangiye kuvugurura lisiti y’itora n’ibindi bikorwa bijyanye n’amatora.
Aya matora y’inzego z’ibanze azatwara miliyari 3 Frw. Ni yo ya mbere agiye kuba mu gihugu kuva Covid-19 yakwaduka ndetse byitezwe ko azaba hubahirijwe ingamba zo kuyirinda.
Byari biteganyijwe ko aba muri Gashyantare uyu mwaka nyuma y’uko manda y’imyaka itanu y’abayobozi b’inzego z’ibanze irangiriye gusa aza gusubikwa kubera Covid-19.
Imyanya izatorerwa irimo abayobozi bagize Komite z’utugari, imidugudu, imirenge n’uturere usibye utwo mu Mujyi wa Kigali. Hazatorwa kandi abayobozi b’ibyiciro birimo abahagarariye urubyiruko, abagore cyo kimwe n’abafite ubumuga.

Aya matora ateganyijwe hagati ya Nzeli na Ukwakira uyu mwaka.
source : https://ift.tt/3kl9Tsv