Abashoferi 33 bafashwe batwaye ibinyabiziga basinze - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku wa Mbere tarki ya 30 Kanama 2021 nibwo aba bashoferi bose uko ari 33 beretswe itangazamakuru

Aba bashoferi batawe muri yombi bemereye itangazamakuru ko bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye inzoga banabisabira imbabazi

Umushoferi witwa Nsengiyumva Mutangana Paul yagize ati “ Nibyo nafatiwe Kicukiro ntwaye imodoka ahagana saa Mbiri n’igice, saa Tatu mvamo barampima basanga nanyweye inzoga ariko sinabaruhije nk’uko hari abajya bavuga ko batazinyweye ari nayo mpamvu ndi hano.”

Yaboneyeho gusaba imbabazi no kugira inama abandi bashoferi, yo kwirinda gutwara ibinyabiziga banyweye agasembuye.

Shyirakera Michel, na we uri mu bafashwe yemeye ko yafashwe yanyoye inzoga, ariko akavuga ko yari yazinyoye kare.

Ati “Natashye saa kumi n’igice njya mu rugo noneho ngiye kurya nibwo nanyoye icupa rimwe, kuko nari gusubira ku kazi nijoro naje kujyayo polisi irampagarika irampima isanga nanyoye.”

Umuvugizi wungirije wa Polisi y’u Rwanda, CSP Africa Sendahangarwa Apollo yasabye abashoferi kwirinda gutwara ibinyabiziga banyoye kuko bishobora guteza impanuka.

Ati “ Turakomeza gukangurira abantu gutwara ibinyabiziga batanyoye ibisindisha kuko bitemewe kubera ko ari bibi bishobora gutera impanuka cyane ko mwanabonye ko hari n’abafashwe bakoze impanuka, babapima bagasanga banyoye inzoga.”

Buri mushoferi wese wafashwe yanyoye inzoga acibwa amande y’ibihumbi 150 by’Amafaranga y’u Rwanda.

Aba bashoferi uko ari 33 baciwe amande
Shyirakera Michel yavuze ko koko yafashwe yanyoye inzoga, abisabira imbabazi



source : https://ift.tt/38uIRIo
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)