Zari Hassan yagize icyo atangaza ku modoka y'umuturika Diamond yaguze ikavugisha abatari bake. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunyamideli ukomeye cyane Zari Hassan yavuze ku modoka ihenze cyane ,uwahoze ari umugabo we, Diamond Platnumz yaguze.

Diamond Platnumz umaze iminsi muri Amerika aho yari yaragiye mu buryo bwo kwitabira ibihembo bya BET Awards yatashyemo amara masa, mu gutaha kwe yaje atungura Afurika atahana imodoka itunze bake, Rolls-Royce Cullinan iri mu modoka zigezweho zigura umugabo zigasiba undi aho uyu mwaka utabona iyi modoka iri munsi ya 335,000$, ni asaga Miliyoni 330 z'Amanyarwanda.

Diamond,Yanyarukiye ku mbuga nkoranyambaga ze maze avuga ko yaguze imodoka y'igitangaza.

Yagize ati: 'Nakiriye imodoka yanjye Rolls-Royce Cullinan 2021, ni umunsi w'umugisha'.

Nyuma yo gutangaza ibi, benshi mu nshuti ze n'abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga bahise bavuga kuri iyi modoka.

Zari Hassan wabaye umugore we n'ubu bagifitanye umubano wihariye, nawe ntiyatinze kugira icyo atangaza ku modoka uyu wahoze ari umugabo we yaguze.

Mu byishimo byinshi, Zari Hassan yagize ati: 'Nishimiye ko wahisemo ibara twemeranyaho (dukunda twese), ni byiza cyane'.



Source : https://yegob.rw/zari-hassan-yagize-icyo-atangaza-ku-modoka-yumuturika-diamond-yaguze-ikavugisha-abatari-bake/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)