U Rwanda rwakiriye impunzi n’abasaba ubuhunzi 133 bavuye muri Libya - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Bakigera ku kibuga cy’indege bapimwe COVID-19. Minisiteri ishinzwe ubutabazi ibinyujije kuri Twitter, yatangaje ko nibamara kubona ibisubizo bazasanga abandi baje mbere bari mu nkambi y’agateganyo ya Gashora iherereye mu Karere ka Bugesera.

Impunzi n’abasaba ubuhunzi bazanwa mu Rwanda bakuwe muri Libya hagamijwe kubagoboka, kubafasha no kubashakira ibisubizo birambye bacumbikiwe mu nkambi y’agateganyo ya Gashora.

Ni nyuma y’amasezerano y’imikoranire yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Kuva icyiciro cya mbere cyakiriwe mu Rwanda tariki 26 Nzeri 2019, abagera kuri 648 nibo bamaze kwakirwa. Havutse batandatu mu gihe 263 babonye ibihugu bibakira bibaha ubuhunzi. Abandi 134 bagiye muri Suède, 70 bagiye muri Canada, 46 muri Norvège, 11 mu Bufaransa na babiri mu Bubiligi.

Ku wa 10 Nzeri 2019 nibwo Guverinoma y’u Rwanda, AU na UNHCR, byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye, atuma rwakira impunzi zituruka muri Libya, aho zageze zishakisha inzira yazambutsa izijyana muri Méditerranée zikagera i Burayi.

Aya masezerano yasinyiwe i Addis Ababa ku cyicaro cya AU, nyuma y’ubushake Perezida Kagame yagaragaje bw’uko u Rwanda rwakwakira izi mpunzi z’Abanyafurika.

Izi mpunzi zageze muri Libya zishakisha uko zakwerekeza ku Mugabane w’u Burayi aho zizeraga kubaho neza, kwambuka inyanja ya Méditerranée byaranze ziguma muri Libya ndetse zitangira kugirirwa nabi kugeza ubwo u Rwanda rwamenye ubuzima zibayemo rukiyemeza kuzitabara.

Ubwo bakirwaga ku kibuga cy'indege hasuzumwa ibyemezo byabo bisaba ubuhunzi
Abakirwa abenshi baba ari urubyiruko rwavuye mu bihugu byarwo rugiye gushaka amaronko i Burayi ntibikunde
Bakigera mu Rwanda bapimwe Covid-19 mbere yo kujyanwa Gashora mu karere ka Bugesera aho inkambi iherereye
Abenshi mu bakirwa baba bafite inzozi zo kugera i Burayi. Abaje mu byiciro bya mbere abenshi babonye ibindi bihugu bibakira
Abakunze kwakirwa ni abaturutse mu bihugu byo mu Majyaruguru no mu ihembe rya Afurika
Mu bakirwa haba harimo n'ababyeyi bafite abana

Amafoto: MINEMA




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)