Ibi Gen. James Kabarebe yabigarutseho kuri uyu wa 9 Nyakanga 2021, ubwo yagiranaga ibiganiro n’itsinda ry’abahungu n’abakobwa baba mu bihugu bitandukanye ariko bakaba bamaze iminsi mu Rwanda, aho bari gusobanurirwa amateka y’Igihugu cyabo.
Gen Kabarebe yavuze ko ikibazo u Rwanda ruri guhura na cyo cy’abaruharabika n’abagoreka amateka yarwo cyari cyitezwe kuko ngo nyuma yo gukora Jenoside abayikoze bakurikizaho kuyihakana.
Yavuze ko buri cyiciro cy’urugamba rwo kubohora igihugu cyagiye kigira imbogamizi, yemeza ko abaharabika u Rwanda na bo ari imbogamizi mu cyiciro u Rwanda rugezemo rwibohora.
Yavuze ko uru rubyiruko rufite ibyo rusabwa byose kugira ngo ruvuguruze amakuru atangwa n’abaharabika igihugu, anabibutsa ko kugira ngo babikore badakwiye gutegereza kubisabwa ko ahubwo bakwiye kubifata nk’inshingano.
Inkuru irambuye mukanya