Minisitiri Biruta na Mbabazi bahanuye urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abayobozi barimo Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi na Minisitiri w’Ubabanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta n’Umujyanama wa Perezida Kagame mu by’umutekano, Gen James Kabarebe; baganirije urubyiruko rw’abanyarwanda ruba mu mahanga.

Kuri uyu wa 9 Nyakanga 2021 nibwo itsinda ry’urubyiruko rutuye mu mahanga rumaze iminsi mu ruzinduko mu Rwanda ryagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye.

Iri tsinda rigezwe n’abagera kuri 60 baturutse mu bihugu byiganjemo ibyo ku Mugabane w’u Burayi nk’u Bubiligi, u Bufaransa n’u Budage.

Uretse abakomoka ku babyeyi bose b’Abanyarwanda, iri tsinda ririmo n’abavanze. Ni ukuvuga abafite umubyeyi umwe w’Umunyarwanda.

Mu minsi bamaze mu Rwanda basuye ibikorwa bitandukanye byiganjemo ibifite amateka yihariye mu rugamba rwo kubohora igihugu.

Nyuma yo gusura aha hantu hatandukanye, babonanye n’abayobozi bakuru b’igihugu kugira ngo babaganirize ku cyerekezo cy’u Rwanda.

Minisitiri Biruta yabagaragarije ko nyuma y’ibibazo u Rwanda rwanyuzemo ubu ruri mu bihugu biri kwitwara neza mu bintu bitandukanye birimo korohereza ubucuruzi.

Yabasabye gukomeza kugaragaza indangagaciro z’Abanyarwanda aho baba hose kandi bagahangana n’abakomeje guharabika igihugu bavuga ibitari byo.

Yabasabye ko iki gikorwa batangiye cyo kugaruka bagasura igihugu cyabo cyazakomeza kandi bakarushaho kongera umubare w’abacyitabira.

Minisitiri Rosemary Mbabazi we yagaragarije uru rubyiruko bimwe mu bigize umuco w’u Rwanda. Yababwiye ko mu gihe kinini cyashize Abanyarwanda bibonaga mu moko y’Abahutu, Abatutsi n’Abatwa yemeza ko ariko ubu bose bibona nk’Abanyarwanda binyuze muri Ndi Umunyarwanda.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)