Abagize GAERG basabwe kubyaza umusaruro amahirwe yo kugira ubuyobozi bubumva - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Yabigarutseho mu kiganiro cyakozwe na GAERG kuri uyu wa 11 Nyakanga 2021 hifashishijwe ikoranabuhanga, cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Igisobanuro cyo kwibohora kuri twe n’uruhare tugira ku gaciro k’igihugu cyacu.” Cyari cyateguwe mu kuzirikana Kwibohora ku nshuro ya 27.

Mugesera yabwiye abagize GAERG ko kuba bafite ubuyobozi bubumva kandi bukabafasha ari amahirwe bagombye kubyaza umusaruro.

Ati “Ni mwe mfura zize dufite, ni mwe mfura z’Abarokotse Jenoside dufite bize b’abayobozi bakuru bari mu nzego zose. Mugira n’amahirwe mufite abantu babakuriye babafasha, babemera.[…] ariya mahirwe mwagize ntimwagombye kuyapfusha ubusa. Ni ukuyabyaza umusaruro haba mu Rwanda cyangwa mu mahanga.”

Yabagaragarije ko bakwiye kumva neza gahunda ihari yo kubigisha nabo bakihangira imirimo bijyanye n’ubumenyi bakuye mu mashuri,aho gutegereza ngo Leta izabaha akazi.

Mu gihe haba hari abihuje bafite imishinga runaka yabateza imbere bakabura igishoro, Mugesera yavuze ko GAERG n’indi miryango bahuriramo yagombye kubakorera ubuvugizi bagafashwa kukibona.

Yabasabye kwegera bagenzi babo batana bakabafasha babagira inama yo kuzibukira bakajya mu murongo ukwiye, kuko bamwe muri bo “baba bashutswe n’abandi babifitemo inyungu zabo, bo bakabijyamo batajijukiwe”.

Udahemuka Arlette wari mu bitabiriye icyo kiganiro, yasobanuye ko ibyinshi mu byifuzo Abanyarwanda bari bafite birimo umutekano n’ukwishyira ukizana kwa buri wese byagezweho.

Yakomeje ati “Abantu batana babiterwa no kugira imyumvire idahinduka. Ni abantu bikunda, ni abantu bagwingiye mu ntekerezo no mu ntumbero. Ubundi kugira ngo igihugu cyacu kigere aho kigeze, haba kwigomwa ndetse ibintu bigakorwa mu bihe bitandukanye. Buri kintu kigira umwanya wacyo,kwihangana bikaba ubupfura.”

Udahemuka yasabye abagize GAERG kureba kure bagashishoza kandi bakumva inama bagirwa, birinda kugendana n’abari mu murongo udakwiye.

Mugesera Antoine yasabye abagize GAERG kudapfusha ubusa amahirwe bafite yo kugira abantu babumva bukanabafasha



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)