Neymar ni umwe mu bakinnyi bagaragaje amarangamutima kubera imvune ya Rodrygo #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunya-Brazil ukina ruhago ku rwego mpuzamahanga, Neymar, yagaragaje agahinda gakomeye nyuma yo kumva ko mugenzi we, Rodrygo, yagize imvune. Mu butumwa bwe bwuje amarangamutima, Neymar yavuze ko uwo munsi wari umwe mu minsi imubabaje cyane mu buzima bwe.

Yagize ati: 'Uyu ni umwe mu minsi ibabaje kuri njye. Nkimara kumva iby'imvune ya Rodrygo, nkiri mu bitekerezo byanjye haciye nk'filime.' Yavuze ko yahise yibuka ububabare, n'ubwoba umuntu anyuramo igihe ahuye n'imvune ikomeye, cyane cyane ku mukinnyi ukiri muto ufite inzozi zo kugera kure.

Neymar yakomeje agaragaza urukundo n'ubuvandimwe amufitiye, amwita 'Nomero yanjye 10, umwana wanjye.' Yamusabye gushyira hafi ye abantu bose akunda muri ibi bihe bikomeye, kuko atari igihe akwiriye kunyuramo wenyine. Yongeyeho ko n'ubwo bigoye, hari ibyo tudashobora gusobanukirwa ku migambi y'Imana.

Yarangije amwihanganisha ati: 'Muvandimwe muto, gira imbaraga. Nzi neza ko uzagaruka uguruka. Nk'uko wambaye hafi igihe nari nkiri mu bihe bikomeye, nanjye nzaba ndi kumwe nawe buri munsi.' Aya magambo agaragaza ko mu mupira w'amaguru, urukundo n'ubufatanye biruta gutsinda ibitego.

Umunya-Brazil ukina ruhago ku rwego mpuzamahanga, Neymar, yagaragaje agahinda gakomeye nyuma yo kumva ko mugenzi we, Rodrygo, yagize imvune.



Source : https://kasukumedia.com/neymar-ni-umwe-mu-bakinnyi-bagaragaje-amarangamutima-kubera-imvune-ya-rodrygo/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)