Techno Market yaserutse bidasanzwe muri Tour du Rwanda 2021 -

webrwanda
0

Tour du Rwanda y’uyu mwaka ifite umwihariko kuko yahuriranye n’ibihe bidasanzwe igihugu gihanganye n’icyorezo cya Coronavirus.

Mu butumwa buri gutangirwa muri iri siganwa, benshi mu baterankunga baryo bari kwitsa ku gutahiriza umugozi umwe mu guhashya iki cyorezo, u Rwanda rumaze umwaka n’amezi asaga abiri ruhanganye nacyo.

Muri uyu mwaka, mu baterankunga baherekeje Tour du Rwanda harimo na Techno Market Ltd, yitabiriye iri rushanwa ku nshuro yayo ya kabiri.

Techno Market Ltd ni icapiro ritanga serivisi zo gusohora inyandiko ku mpapuro (printing), kwandika ku byapa n’imyenda, gushushanya ku bikoresho n’ibindi bintu (branding), guteranya ibitabo (binding) n’ibindi.

Umuyobozi ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Techno Market, Umuhire Diane, yashimangiye ko bahisemo gukomeza gukorana na Tour du Rwanda mu kwegerana n’abakiliya babo.

Yagize ati “Dusanzwe turi icapiro rikorera mu gihugu, dukora print z’ubwoko bwose bw’ibitabo birimo n’ibyakoreshejwe muri Tour du Rwanda. Turagendana n’amagare tugeza ku bantu bose serivisi zacu.’’

“Dufite uburyo butandukanye bwo gusohora ibitabo binyuranye bijyanye n’ibyifuzo by’abatugana. Dushobora no gusohora ibitabo binini, cyangwa ukaba wabizana ugahita ubitahana.’’

Umuhire yasobanuye ko nubwo basobanurira Abanyarwanda bo mu bice bitandukanye serivisi bafite, banarushaho kubashishikariza kurushaho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Ati “Twifuje gukomezanya na Tour du Rwanda nubwo hari Coronavirus, mu butumwa dutanga tubwira abaturarwanda gukaza ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo.’’

Techno Market ikora ibitabo, brochure n’ibikoresho byifashishwa mu gusakaza ubutumwa mu bikorwa bitandukanye, by’akarusho akaba ari nayo yakoze ibitabo, ibyapa, ingofero n’ibindi byifashishwa n’abitabiriye Tour du Rwanda 2021.

Iri capiro ryatanze igisubizo ku kwihutisha no kugabanya ikiguzi cya serivisi zo gucapisha ibitabo, abatari bake bajyaga gushakira mu mahanga.

Mu ntego za Techno Market harimo ko izakomeza gutera inkunga irushanwa ry Tour du Rwanda.

Techno Market ifite imashini za printing na branding zigezweho. Iherereye mu Mujyi wa Kigali, mu nyubako nshya ya T2000 mu cyumba cya 107 ahateganye no kwa Ndamage, ku muhanda ugana kuri Sulfo.

Mu rwego rwo korohereza abagana Techno Market, serivisi zayo ziboneka hifashishijwe ikoranabuhanga kuri www.technomarketrwanda.com cyangwa kuri telefoni igendanwa 0788158800.

Techno Market yitabiriye Tour du Rwanda ku nshuro ya kabiri
Techno Market Ltd ni icapiro ritanga serivisi zo gusohora inyandiko ku mpapuro (printing), kwandika ku byapa n’imyenda, gushushanya ku bikoresho n’ibindi bintu (branding), guteranya ibitabo (binding) n’ibindi
Muri iyi Tour du Rwwanda bazarushaho gusobanurira Abanyarwanda serivisi zabo zitandukanye
Umumotari ukora udushya kuri moto ari mu bifashishijwe na Techno Market mu gususurutsa abakunzi b'umukino w'amagare

Amafoto: Techno Market




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)