Musanze: Inkuba yakubise umugabo ahita apfa -

webrwanda
0

Iradukunda w’imyaka 28 yakubiswe n’inkuba ubwo yari aragiye intama yari avuye kugura mu isoko rya Byangabo.

Ubwo uyu musore yari hafi y’urugo, haguye imvura nke yari ivanze n’inkuba zirimo n’iyo bikekwa ko yamukubise; ubwo abari mu rugo batonora ibigori bageraga aho nyakwigendera yari ari basanze imyenda yamucikiyeho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Busogo, Kangabe Marie Claudine, yemeje aya makuru avuga ko nyakwigendera yajyanywe kwa muganga ngo hakorwe ibizamini by’ubuzima.

Yagize ati “Twamenye ko Iradukunda yakubiswe n’inkuba ahagana saa Cyenda. RIB yamujyanye ku bitaro ngo hakorwe ibizamini ku cyaba cyamuhitanye.’’

Yakomeje ati “Turasaba abaturage kujya birinda kugama ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga nko munsi y’ibiti no kwirinda kwegera ibiziba mu mvura.’’

Mu gihe hari kugwa imvura irimo n’inkuba, abantu bagomba kwirinda kugama ahegereye iminara y’itumanaho, kwirinda kugenda ku magare cyangwa amapikipiki, kwirinda gukoresha telefoni mu gihe cy’imvura no kwihutira gushyira imirindankuba ku nyubako.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)