Ubwiyongere bwa Covid-19 mu Buhinde buri kugira ingaruka zikomeye ku ikwirakwizwa ry’inkingo ku Isi -

webrwanda
0

Bamwe mu bashakashatsi bemeza ko imibare iri kugaragazwa ari kimwe cya kabiri cyangwa munsi y’imiterere nyakuri y’aho icyorezo gihagaze mu Buhinde.

Ibi byatumye u Buhinde, busanzwe ari ikigega cy’Isi mu ikorwa ry’imiti n’inkingo, butakaza ubushobozi bwo kwita ku baturage ibihumbi bari kugana ibitaro umusubirizo, ku buryo ibitaro bitagifite ibitanda byo kubashyiraho ndetse mu Murwa Mukuru wa New Delhi, ibirimo oxygen ya ngombwa cyane mu gufasha abarwayi ba Covid-19, yarashize, bituma benshi mu barwayi bapfa ariko byashobokaga ko bari buvurwe.

Bitewe n’uburemere bw’icyorezo cya Covid-19, iki gihugu giherutse gufata ingamba zikomeye zo gukumira ko inkingo za AstraZeneca zikorerwa muri icyo gihugu, zisohoka zikajya gufasha abandi.

Serum Institute of India (SII), uruganda rwa mbere runini ku Isi mu gukora inkingo, ruherutse gutangaza ko mu mezi abiri ari imbere, rutazatanga inkingo ku Isi, ahubwo zizakoreshwa na Leta y’u Buhinde mu kugerageza guhangana n’icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera.

SII ni rwo ruganda rukora inkingo nyinshi ziri gushyirwa muri gahunda ya Covax, aho izirenga miliyoni 66 zatanzwe mu bihugu birimo u Rwanda.

Rwanda Today yatangaje ko bitewe n’iri hagarikwa ryo kohereza inkingo hanze, ibihugu birimo u Rwanda bizagirwaho ingaruka n’iki cyemezo, kuko byari byitezwe ko mu cyiciro cya kabiri cyo kwakira inkingo, rwari buzabone 744.000 hagati ya Werurwe na Mata, ariko ibi bisa nk’ibitazashoboka muri rusange.

Byari biteganyijwe ko icyiciro cya gatatu cy’inkingo cyari buzagere mu Rwanda hagati ya Mata na Kamena uyu mwaka, ku buryo intego y’uko u Rwanda rugomba kuba rwakingiye nibura 30% by’abaturage barwo bitarenze uyu mwaka, izagerwaho.

Inkingo zikorwa n'Uruganda rwa SII zirimo iza AstraZeneca zikoreshwa muri gahunda ya Covax



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)