Ruhango: Ishuri Ryisumbuye ry'Abadivantisiti b'Umunsi wa Karindwi rya Gitwe ryirukanye burundu abanyeshuri 18 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ubuyobozi bw'Ishuri ry'Abadivantisiti b'Umunsi wa Karindwi rya Collège de Gitwe riherereye mu Karere ka Ruhango, bwirukanye abanyeshuri 18 burundu bazira kugira imyitwarire mibi irimo ubusinzi no kunywa ibiyobyabwenge.

Ubuyobobozi bw'iri shuri buvuga ko aba banyeshuri bihanangirijwe kenshi bishoboka ariko bakaguma ku kabo k'izi ngeso mbi.

Aba banyeshuri 18 birukanywe, harimo abigaga mu mwaka wa 3, uwa 5 no mu mwaka wa 6, bakaba barimo abanyeshuri b'Abanyarwanda n'Abarundi.

Nshimiyimana Gilbert uyobora iri shuri, yagize ati 'Twafashe icyemezo cyo kubirukana tutitaye ku gihe bari bamaze n'imyaka bigamo.'

Avuga ko mu gufata iki cyemezo  batashingiye ku bwenegihugu n'inkomoko ya buri Munyeshuri, akavuga ko hirukanywe abanyamakosa.

Yagize ati 'Ishuri ntabwo ryakwihanganira imyitwarire nk'iyi.'

Avuga kandi ko aba bana banakoreshaga telephone kandi bazi neza ko bibujijwe bikaba binahanwa n'amabwiriza y'iri shuri.

Ubuyobozi bw'ishuri busanzwe bufite ububasha bwo guhagarika umunyeshuri waranzwe n'imyitwarire mibi inyuranyije n'amahame ngengamyitwarire yaryo.

College Adventiste de Gitwe ni ishuri kugeza ubu ryigaho abanyeshuri 450, rikaba rifite abiga mu cyiciro rusange n'abo mu cyiciro gikurikiraho (Section). Rifite amashami arindwi.

Src: Igihe



Source : https://impanuro.rw/2021/04/08/ruhango-ishuri-ryisumbuye-ryabadivantisiti-bumunsi-wa-karindwi-rya-gitwe-ryirukanye-burundu-abanyeshuri-18/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)