Musore mwiza, dore abakobwa udakwiye gutereta niba wumva ko utari umuherwe. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Burya gushaka umugore bifatwa nk'umugisha ndetse n'amahirwe ku mugabo, icyakora nanone gushaka umugore bishobora kukubana ikizamini gikomeye mubuzima bwawe kuburyo uzahora ubyicuza kugeza uvuye ku isi.

Imiterere n'inkomoko by'abagore twebwe abagabo dushaka akenshi burya biba ari ingenzi, kubera ko umugore uzanye ashobora kuba isoko y'ubutunzi mu buzima bwacu bw'ahazaza, ariko kandi ashobora no kuba nyirabayazana w'ubuzima bubi ushobora guhura nabwo mu mateka yawe yose.

Dore bamwe mu bakobwa udakwiye kwiteza mugihe utiyizeye ku ikofi muburyo buhagije.

1.Umukobwa ugira amagambo meshi

Nubwo bavuga ngo abagore bagira amagambo ariko burya sibose ndetse n'amagambo bagira ntahura. Hari bamwe bakunda ibihuha uko byaba bimeze kose mwene uyu rero bisaba ngo niba umuzanye ube ufite amafaranga kuburyo ujya kumutuza aha wenyine adahura n'abanyamagambo benshi.Nukubera iyo aba mu kajagari ahura n'abandi bagore buri munsi wisanga ugomba gukemura amatiku bitabaye ibyo birangira nawe umutwe bawumennye.

2.Umukobwa ukunda impano cyane

Uyu impamvu udakwiye kumuzana nuko agatima ke gahira gakeneye kwakira atitaye ibyo yakira aho bivuye. Uyu numuzana agasanga ibyo ufite murugo byose nawe arabifite azakenera ibindi bishya kandi wowe udafitiye ubushobozi. Mu gihe rero uzaba udashoboye kumuha byose ashaka n'ubundi birangira asubiye hanze gushaka za mpano akeneye. Ukwiye kwitonda.

3.Abakobwa bafite ikimero gikurura abagabo

Umukobwa (umugore) ashobora kuba adafite isura ikurura abagabo ariko akaba afite imiterere ibakurura, mwene uyu uko asohotse azunguza ikibuno ku muhanda, abagabo benshi bava mubyabo, mwene uyu iyo umufite umutima wawe uhora uhagaze igihe cyose atari murugo, ibi rero bigora benshi kubana nabyo ndetse bikagera aho na wa mugore akakwinubira ko umufuhira bikabije kandi udafite ibyo akeneye byose.

4.Umukobwa w'uburanga buhebuje cyane

Igihe cyose uzanye umugore w'uburanga buhebuje kandi udafite amafaranga ahagije yo kumwitaho, uzamenye ko wikururiye indwara y'umutima. Uko ageze hanze abagabo bamukanuriye baramwifuza bikomeye ndetse abafite ku ikofi bagatangira gushaka kumuha ibyo adafite, uwo mugore nawe iyo adafite umutima ukomeye agatangira kwemera izo mpano uzamenye ko kakubayeho bamujyanye birangiye.
Mwene aba bagore (abakobwa) bahora bakeneye byinshi bwo kwiyitaho nko gukomeza uruhu rwabo ngo rukomeze kubengerana mugihe udafite ibyo akeneye ntabwo azemera gusa nabi ahubwo azafata bimwe abagabo bo hanze bamuha.

 

Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa http://yegob.rw/dating

Like this:

Like Loading...



Source : https://yegob.rw/musore-mwiza-dore-abakobwa-udakwiye-gutereta-niba-wumva-ko-utari-umuherwe/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)