Birababaje:Uyu yahoze ari umusore mwiza ,none abantu basigaye bamubona bakirukanka ngo ni igisimba|Isura ye yatumye umugore we amuta. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu musore witwa Nsabimana Silas wahoze afite isura nziza gusa akaza kugira impanuka yatumye abantu bose basigaye bamubona bakirukanka ngo ni igisimba ndetse ahamya ko umugore we na we yamutaye arigendera

Uyu Nsabimana w'imyaka 25 atuye mu Karere ka Nyanza. Nyuma yo gusurwa na Afrimax TV bakagirana ikiganiro yavuze ku inkuru ye ibabaje y'impanuka yahuye nayo ituma hari abamwita igisimba.

Nyuma yaho ngo yabaye ikirara cyo ku muhanda kuko ababyeyi be batamwitagaho atangira ubuzima bwo kwibana no kwishakishiriza akiri muto we na murumuna we. Asobanura uko byamugendekeye agashya, yagize ati 'Ni isereri yambayeho numva nzungurutse mu mutwe nikubita mu ziko nari nicaye imbere y'umuriro ncanye.'

Yakomeje avuga ko kugira isereri byari bisanzwe bimubaho akikubita hasi ku buryo n'ubu ashobora kuba yicaye bikamubaho. Nyuma yo kugwa mu ziko ni bwo ngo murumuna we yaje akamukuramo yahiye bikabije.

Umugore we bari basanzwe babana, yabonye ibyabaye kubera ibisebe bikabije no guhindana mu maso ahitamo kumusiga arigendera. Mu kubisobanura yagize ati 'Yansize nkifite ibisebe nari ntarakira neza, yagiye avuga ko atabana n'umuntu ufite ibisebe arigendera'.

Nubwo Silas yaje kuvurwa ariko isura ye yasigaranye inenge ku buryo abantu bavuga ngo abatera ubwoba bakamuhunga.

Leave your vote

Comments

0 comments



Source : https://yegob.rw/birababajeuyu-yahoze-ari-umusore-mwiza-none-abantu-basigaye-bamubona-bakirukanka-ngo-ni-igisimbaisura-ye-yatumye-umugore-we-amuta/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)