Anita Pendo ahishuye ko atazashaka umugabo vuba|Burya ntanywa inzoga. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunyamakuru, umu DJ ,akababa na MC Anita Pendo yavuze ko ibyo gushaka umugabo atabiteganya vuba ndetse avuga ko atajya anywa inzoga.

Ibi Anita Pendo yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Rose Tv Show aho yatangiye avuga ku buryo ahuza akazi kenshi akora kandi akabishobora.Yagize ati:'gukora kuri radiyo, mba mfite amasaha abaze iyo arangiye nshobora kujya mu bindi…mbere ya korona iyo nabaga mfite ikiraka cyo kudija nashakaga amasaha mbona ataranyicira gahunda nabona birashoboka nkabahakanira…'

Yakomeje avuga ko byose bisaba ubwitange no gukora cyane.Anita Pendo ufite abana babiri abajijwe niba ateganya gushaka umugabo ,yavuze ko atabiteganya vuba.Ati:'Ibyo gushaka umugabo bizaba biza'.

Abajijwe ku bijyanye n'akazi akora gakomeye ,ko nta gisindisha afata yavuze ko atigeze anywa inzoga ,ati:'hari ibintu rwose nimye karibu muri njye,inzoga sinzinywa'.

Yakomeje avuga ko kubyara byamuhinduriye ubuzima mu buryo bukomeye ndetse ko akunda gukora imirimo yo mu rugo ntakibazo.

Leave your vote

Comments

0 comments



Source : https://yegob.rw/anita-pendo-ahishuye-ko-atazashaka-umugabo-vubaburya-ntanywa-inzoga/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)