Amajyepfo: Batanu bafatiwe mu bikorwa byo kurwanya abacuruza ibiyobyabwenge - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko abafashwe bose byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati” Iki gikorwa cyakozwe na Polisi hagamijwe kurwanya abacuruza bakanakwirakwiza urumogi mu gihugu yaba abaruranguza ndetse n’ababafasha ku rubagezaho nka bashoferi ndetse n’abamotari.”

Yongeyeho ko abafashwe bafatanwe ingano y’urumogi rutandukanye kandi bari bamwe mu bavugwaho uruhare mu gukwirakwiza urumogi muri utu turere.

SP Kanamugire yashoje agira inama abishora mu bikorwa bibi byo gucuruza urumogi kubireka kuko amategeko abahana yakajijwe, ashimira abaturage batanze amakuru kugirango iki gikorwa kigerweho.

Abafashwe bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo bakuriranwe ku cyaha bakekwaho cyo gucuruza urumogi.

Iteka rya Minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.




source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amajyepfo-batanu-bafatiwe-mu-bikorwa-byo-kurwanya-abacuruza-ibiyobyabwenge
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)